Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Mu Biganiro Bigamije Kurinda Ibinyabuzima Biba Mu Mazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibidukikije

U Rwanda Mu Biganiro Bigamije Kurinda Ibinyabuzima Biba Mu Mazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2022 10:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Nairobi muri Kenya hari kubera Inama mpuzamahanga y’Abayobozi b’ibigo na za Minisiteri zishinzwe kwita ku bidukikije igamije kwiga umushinga w’amasezerano azashyinywa mu rwego rwo kurinda ibinyabuzima biba mu mazi ngo bitabangamirwa n’ibikorwa bya muntu  cyane cyane ibikozwe muri pulasitiki.

Ibiganiro biri kubera muri iriya nama bigamije gufasha ibihugu kureba uko hashyirwamo umushinga w’amasezerano agamije kubuza ko ibinyabuzima byo mu Nyanja byangirika hanyuma ibyo bari bwemeranyeho bakazabigeza ku Nteko yaguye y’Abayobozi muri UN bashinzwe kwita ku bidukikije.

Aba bayobozi bakora mu ishami rya UN rishinzwe kurengera ibidukikije ryitwa UN Environment.

Ni Inama ya gatanu ihuza abagize iri shami biteganyijwe ko izaterana mu mpera za Gicurasi, 2022.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

U Rwanda na Peru nibyo bihugu biyoboye ibiganiro biri kubera Nairobi  byatangiye kuri uyu wa Mbere taliki 21, Gashyantare, 2022.

Zimwe mu ngingo abayirimo bari kwigaho ni uburyo za Leta n’abikorera bakora ibikoresho bidakoreshwa rimwe ngo bijugunywe kandi biri mu bitabora niyo byajugunywa mu mazi bikamara yo imyaka myinshi.

Ibi bikoresho birimo ibya pulasitiki bitabora ibyo bita ‘marine litter.’

Undi mushinga abari muri iriya nama bari kwiga ni ukureba ibikoresho bya Pulasitiki byajya binagurwa kugira ngo bidakomeza kuba biri aho bihumanya ikirere kandi bishobora kubyazwa ibindi.

U Rwanda na Peru ni ibihugu byari byarabanje kugeza uriya mushinga k’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku bidukikije.

- Advertisement -

Hari mu nama yabereye i Geneva mu Busuwisi mu Mwaka wa 2021.

Kuva icyo gihe hari ibiganiro birambuye byakozwe kuri iyi ngingo,  bigashingira ku nyandiko mbanzirizamushinga ( draft) yatunganyijwe nyuma y’ibiganiro byakorewe i Geneva mu mwaka wa 2021.

Ibikubiye muri iyi nyandiko nibyemezwa, bizatuma habaho ibiganiro hagati y’abayobozi bigamije kureba uko ibikoresho bya pulasitiki byacungwa neza, hirindwa ko byakwangiza ibidukikije.

U Rwanda na Peru bizakora inyandiko isobanutse y’uburyo ibi byagerwaho hanyuma nisuzumwa bikagaragara ko inoze izaterwa inkunga n’Umuryango w’ubumwe bw’u Burayi n’ibindi bihugu byateye imbere kandi biharanira kurengera ibidukikije.

Muri iriya nyandiko harimo ingingo zisaba ibihugu kuzashyiraho gahunda mu mashuri no mu bigo by’ubushakashatsi zigamije guteza imbere ubushakashatsi mu butabire hagamijwe kurengera ibidukikije.

Umuyobozi w’Ishami rya UN rishinzwe kurengera ibidukikije Madamu Inger Andersen avuga ko mu mushinga wo kurengera ibidukikije, hagomba gushyirwaho uburyo bwo kurinda ko ibikoresho(kuva bigitangira gukorerwa mu nganda) byakwangiza ibidukikije kuzagenda kugeza bigeze mu Nyanja.

N’ubwo ibihugu bituriye inyanja ari byo byugarijwe cyane n’imyanda ya pulasitiki imenwa mu Nyanja, u Rwanda rushimirwa ko rugira uruhare rugaragara mu rugamba rwo kurengera ibidukikije.

Umuyobozi mukuru wa REMA Madamu Juliet Kabera uhagarariye u Rwanda muri iriya nama yagize ati: “ Ubufatanye mu kurengera ibidukikije ni ingenzi ku batuye isi bose. Ni ngombwa ko abayituye bashyiraho ingamba zigaragara zo guhangana n’iki kibazo.”

U Rwanda ruri mu bihugu bishimirwa umuhati byashyize mu gukumira ko pulasitiki ijugunywa aho ibonye hose.

Bamwe mu baturutemberamo bajya bavuga ko rufite isuku kuko bigoye kubona ahantu harunze pulasitiki cyangwa ibindi bintu bitabora.

Ni ikintu Leta yashyizemo imbaraga k’uburyo na Polisi ifata igashyikiriza ubutabera abantu bacuruza amashashi atabora.

Kugeza ubu ibihugu 60 byamaze kwemeza ko bishyigikiye uriya mushinga.

Muri byo harimo u Rwanda, Peru,  Leta zunze ubumwe z’Amerika, Senegal, Costa Rica, Norway, u Busuwisi, Guinea, Philippines, Ecuador, Kenya, Chile, Colombia, Uganda, Madagascar, u Bwongereza, Cabo Verde, Azerbaijan, Dominican Republic, Uruguay, Panama, Timor-Leste, Bosnia and Herzegovina, Georgia, Comoros, Eswatini, Pakistan, Benin, Gabon, Iceland, Georgia, Koreya y’Epfo, Ibirwa bya Mauritius, Macedonia ya Ruguru, Djibouti, Iran n’ibindi.

 

TAGGED:featuredIbidukikijeKaberaKenyaPeru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abayobozi N’Inshuti Bakomeje Kunamira Dr. Paul Farmer Waguye Mu Rwanda
Next Article Rusesabagina Yasabiwe Gufungwa Burundu, Nsabimana ‘Sankara’ Azamurirwa Igihano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?