Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Mu Mushinga Wo Kugira Abakora Porogaramu Za Mudasabwa Bagera Kuri Miliyoni
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Mu Mushinga Wo Kugira Abakora Porogaramu Za Mudasabwa Bagera Kuri Miliyoni

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 February 2025 11:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yatangije umushinga yise One Million Coders Initiative ugamije ko igihugu kizaba gifite abantu miliyoni imwe bakora porogaramu za mudasobwa bita Coders.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo Iradukunda Yvès avuga ko ari gahunda u Rwanda ruzashyira mu bikorwa binyuze mu kiswe Rwanda’s Apple Authorized Training Centers for Education (AATCE).

Izabanza gukorerwa muri Kaminuza Nyafurika y’Abadivantisiti b’Umunsi wa karindwi, AUCA, Kaminuza nyafurika yigisha imibare na siyansi(AIMS) na Kaminuza ya Kepler.

Iradukunda avuga ko abiga muri biriya bigo, ku ikubitiro, bazigishwa iby’ibanze birebana no gukora porogaramu za mudasobwa zikorwa mu byo bita iOS ariko bakazagura ubumenyi uko iminsi izatambuka.

Iyo gahunda kandi izakomereza n’ahatari muri za Kaminuza, abakiri bato bakazahugurwa uko ikoranabuhanga rihangwa n’uburyo rigirira benshi akamaro.

Ati: “ Ibi bizabafasha kugira uburyo bwo kubona imirimo mu bigo byinshi, bashobore kwerekana ibyo bashoboye haba mu gihugu, mu Karere n’ahandi ku isi”.

Umwarimu w’ikoranabuhanga witwa Prince Mukotsi Ishimwe avuga ko ku ikubitiro abanyeshuri bazigishwa iby’ikoranabuhanga ryitwa SWIFT, syntax n’ibyo bita Data Structure.

Bizakurikirwa no kwiga uko bakora porogaramu ya mudasobwa, ibyo bit application development, izi zikaba gahunda zikoresha mudasobwa byinyuze mu byo bita iOS n’izindi gahunda zikoresha televiziyo n’ubundi buryo bw’ikoranabuhanga.

Umunyeshuri witwa Precious Chukwuezi avuga ko ubumenyi bahabwa ari ingenzi mu kubaka gahunda za mudasobwa, hagamijwe kuboneka kw’ibisubizo ku bibazo igihugu gifite mu iterambere ryacyo.

Abihuriyeho na Noella Mutimukunda, Umunyarwandakazi wiga muri Kaminuza ya Kepler.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo Yvès Iradukunda avuga ko umugambi w’u Rwanda ari uwo gutoza urubyiruko ikoranabuhanga ryo ku rwego rwo hejuru.

Ni ikoranabuhanga yizeye ko rizaruha uburyo bwo guhangana ku isoko ry’akazi haba mu Rwanda, mu Karere n’ahandi ku isi.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaIradukundaKaminuzaMinisitiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mezi Arindwi Ejo Heza Yinjije Miliyari Frw 7.5
Next Article U Rwanda Ntirwumvikana N’Ubwongereza Ku Kibazo Cya Congo No Kuba Bucumbikiye Abaruhekuye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?