Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na Barbados Ni Ibihugu Bito Ariko Bifitiye Abatuye Isi Akamaro Kanini
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Na Barbados Ni Ibihugu Bito Ariko Bifitiye Abatuye Isi Akamaro Kanini

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2022 6:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Iyi ni imwe mu ngingo nyinshi Perezida Kagame ne Minisitiri w’Intebe wa Barbados Madamy Mia Amor Mottley bagarutseho mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru nyuma y’ibiganiro bagiriye mu mwiherero.

Mbere y’uko iki  kiganiro gitangira, abayobozi bombi bagiranye ibiganiro mu mwiherero bagaruka ku mikoranire yimbitse hagati y’u Rwanda na Barbados. Birimo ingendo z’indege hagati y’ibihugu byombi, guteza imbere ubukerarugendo, imikoranire mu by’ikoranabuhanga ndetse no muri Siporo cyane cyane tennis ikinirwa mu muhanda.

Bimwe mu bibazo abanyamakuru babajije aba bayobozi harimo icyerekeye icyo bumva cyakorwa ngo abaturage babyo bakomeze kuzamura urwego isi irimo muri iki gihe iri kwivana mu ngaruka za COVID-19.

Babajiwe niba kuba bayobora ibihugu bito mu buso wenda bituwe n’abaturage bake bitaba imbogamizi mu ukugira uruhare rwiza mu guteza imbere isi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abayobozi b’ibi bihugu bavuze ko kuba igihugu ari gito mu buso kikanaturwa n’abaturage bake, bitavuze na gato ko nta ruhare rwiza bifite mu guteza imbere abaturage babyo n’ab’isi muri rusange.

Mia Mottley yagize ati: “ Ibihugu bito byumva , bikabona kandi bikira ku baturage babyo. Ibyo dukora byose biba bigamije kuzamura abaturage bacu ngo bagere ku rundi rwego.”

Avuga ko n’ubwo ibihugu bito byagizweho n’ingaruka z’ubukoloni ndetse n’imihindagurikire y’ikirere, ngo ni ibihugu bihorana icyifuzo cyo kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Perezida Kagame yunzemo ko n’ubwo ijambo kuba ‘igihugu gito’ hari abaryumva nk’ubuso ndetse n’abaturage bake, ariko ngo icyo gitekerezo cyo kuba muto nacyo sicyo.

Ngo ibitekerezo abantu bagira nibyo bigari kandi bihindura ibintu.

- Advertisement -

Kagame avuga ko u Rwanda na Barbados ari ibihugu biri myanya yo hejuru kandi birabizi.

Ku rundi ruhande avuga ko icyorezo cya COVID-19 cyeretse abantu ko burya bareshya mu rugero runaka.

Ngo ntawe cyarebeye izuba kandi ngo si COVID-19 gusa kuko n’ingaruka z’imihndagurikire y’ikirere nayo igira ingaruka kuri bose, abakize n’abakene.

Muri rusange, abayobozi bakuru b’ibi bihugu byombi bemeranyije imikoranire isesuye mu nzego zigamije iterambere ry’ababituye.

Kuri uyu wa Gatatu abashoramari ba Barbados bahuye n’ab’u Rwanda babereka aho bashobora gushora imari mu gihugu cyabo kandi impande zombi zisinya amasezerano y’uburyo bizakorwa.

Abashoramari bo mu Rwanda baganiriye na bagenzi babo bo mu Kirwa cya Barbados mu rwego rwo guhana amakuru y’aho buri ruhande rwashora imari.

Abo muri Barbados bavuga ko bafite ahantu henshi Abanyarwanda bashobora gushora imari harimo mu burezi, mu bushakashatsi, mu bucuruzi budandaza, ikoranabuhanga, n’ahandi.

Babwiye bagenzi babo bo mu Rwanda ko igihe cyose bavumva ko bashaka gushora muri kiriya gihugu bazajya yo bisanga.

Ibihugu byombi kandi byasinyanye amasezerano ku bufatanye mu nzego zirimo ubwikorezi bw’abantu n’ibintu, inganda, n’ubukerarugendo n’amahoteli.

Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Dr Ernest Nsabimana niwe washyize umukono ku masezerano ku ruhande rw’u Rwanda.

Hasinywe n’andi masezerano arebana n’iterambere ry’imikino yashyizweho umukono ku ruhande rw’u Rwanda na Minisitiri wa Siporo Madamu Aurore Munyangaju Mimosa n’aho ku ruhande rwa  Barbados aho Rihanna akomoka aya masezerano yashyizweho umukono na Hon. Kerrie Symmonds.

Barbados ni kimwe mu birwa bya Caribbbean. Ni gito cyane k’ubuso kiri ku buso bwa 432 km2 .

Abaturage bagituye barutwa ubwinshi  n’abatuye Akarere ka Kicukiro(gafite abaturage 318,564) kuko iki gihugu gituwe n’abaturage  287,000. Umurwa mukuru w’iki gihugu witwa Bridgetown.

N’ubwo cyabanje gukolonizwa n’abanya Espagne mu kinyejana cya 15 Nyuma ya Yesu, Barbados yaje gutegekwa n’Abongereza  mu mwaka wa 1627 cyane cyane ko ari hamwe mu hantu abacakara bacishwaga bajyanwa i Burayi.

 

TAGGED:BarbadosCOVID-19featuredKagameRwandaUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Moteri Z’Indege Za Air Tanzania Zirakemangwa
Next Article Mushiki Wa Kabila Nawe Yinjiye Mu Byo Gushinja u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?