Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na Israel Bongereye Umubano Mu Gihe Rutabanye Neza Na Afurika y’Epfo 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Na Israel Bongereye Umubano Mu Gihe Rutabanye Neza Na Afurika y’Epfo 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 February 2025 8:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

 

Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga hagati y’u Rwanda na Israel baganiriye uko ibihugu byombi byarushaho gukorana muri ibi bihe ibintu bitifashe neza muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ni igikorwa kibaye mu gihe Afurika y’Epfo ivuga ko izihorera ku Rwanda ishinja kuba inyuma ya M23 umutwe uherutse kuyirasira abasirikare ukicamo 13 abandi bagakomereka.

Umugaba w’ingabo za Afurika y’Epfo witwa Gen Mapwanya yavuze ko u Rwanda ari rwo rwahaye M23 intwaro n’imyitozo bityo ko ibyabaye bitazatangirira hariya.

Perezida Kagame we yaraye abwiye abandi bayobozi ba EAC ko mugenzi we wa Afurika y’Epfo witwa Cyril Ramaphosa aherutse kuguhamagara amwigiraho umuhuza muri kiriya kibazo, ariko Kagame akavuga ko ibyo kuba umuhuza atari byo Ramaphosa mu by’ukuri yimirije imbere.

Kagame avuga ko Ramaphosa yahisemo kohereza ingabo muri DRC ngo zifatanye na FDLR, FARDC n’ingabo z’Uburundi hagamijwe gukomeza kurimbura Abatutsi bo muri DRC bavuga n’Ikinyarwanda.

Umwuka mubi wadutse hagati ya Kigali na Pretoria watumye u Rwanda ruganira na Israel kuri iyo ngingo ngo harebwe uko Kigali na Yeruzalemu babifatanyamo.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Amb. Olivier Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we Gideon Sa’ar, bavugana uko ibihugu byombi byabyifatamo.

Nduhungirehe yabwiye Sa’ar imizi y’ibibazo biri mu Karere, amubwira ko byose byatewe na FDLR igizwe n’abasize bahekuye u Rwanda.

Imikoranire hagati ya FDLR n’ingabo za DRC n’ubutegetsi bw’i Burundi nibyo muzi watumye M23 ihaguruka yirwanaho.

Sa’ar yabwiye Nduhungirehe ko igihugu cye kizakomeza kubana n’u Rwanda no muri ibyo bihe bikomeye.

Yanamubwiye ko ubufatanye hagati ya Kigali na Yeruzalemu bugomba gukomeza no mu zindi nzego.

Abasomyi bazirikane ko Afurika y’Epfo itabanye neza na Israel kuva kera.

Niyo yagiye kuyirega i La Haye ngo iri gukora Jenoside muri Gaza mu ntambara imazemo igihe muri Gaza irwana na Hamas nyuma y’igitero uyu mutwe wagabye kuri Israel uhitana abantu barenga 1000.

Abagize ubutegetsi bwa Afurika y’Epfo muri iki gihe barimo abashyigikiye amabwiriza yahoze ari ay’aba gashakabuhake bagize ikitwaga Apartheid.

Abo bagira uruhare mu gutuma umubano wa Afurika y’Epfo n’amahanga uhungabana.

Ni nabo batuma iki gihugu kibana nabi n’u Rwanda.

Mu gihe ibya Afurika y’Epfo bimeze bityo, u Rwanda rwo ruhagaze neza mu mibanire yarwo n’amahanga muri rusange n’ubwo nta byera ngo de!

Umubano warwo na Israel uhagaze neza ndetse nirwo wavuga ko ruhagarariye Israel muri Afurika.

TAGGED:FDLRfeaturedIsraelM23NduhungireheRwandaUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Gumisiriza Yasabye Abagiye Cabo Delgado Kuzakomeza Gukorana Neza N’Abandi
Next Article Ububanyi N’Amahanga Burakomeje, Kagame Yaganiriye Na Lourenço
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?