Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na RDC Bigiye Gufatanya Gukurikirana Ubucukuzi Bwa Zahabu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbukungu

U Rwanda Na RDC Bigiye Gufatanya Gukurikirana Ubucukuzi Bwa Zahabu

admin
Last updated: 28 June 2021 5:10 am
admin
Share
SHARE

U Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo byasinye amasezerano atatu ajyanye no guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari, harimo amwe arebana n’ubufatanye mu kunoza ubucukuzi n’ubucuruzi bwa zahabu.

RDC ni kimwe mu bihugu bikungahaye ku mabuye y’agaciro arimo zahabu.

Amasezerano ajyanye n’ubwo bufatanye yasinywe ku wa Gatandatu nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Paul Kagame na mugenzi we Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo, i Goma.

Abakuru b’ibihugu byombi babanje kugirana ibiganiro

Yashyizweho umukono n’ikigo cya leta Société Aurifère du Kivu et du Maniema (Sakima SA) n’ikigo cyigenga Dither LTD cyo mu Rwanda, agamije gukumira uburyo imitwe yitwaje intwaro yungukira mu bucuruzi bwa zahabu, nk’uko umuvugizi w’ibiro bya Perezida wa RDC byabitangaje.

Yabwiye AFP ko hazabaho ubwuzuzanye hagati y’ibyo bigo byombi mu kugenzura uruhererekane nyongeragaciro guhera kuri Sakima SA yo muri Congo izaba icukura kugeza kuri Dither Ltd yo mu Rwanda izaba itunganya ayo mabuye y’agaciro.

Yakomeje ati “Imitwe yitwaje intwaro ivana inyungu nyinshi mu bucuruzi bwa zahabu ikoresha mu bikorwa by’intambara, ntabwo izakomeza gucukura cyangwa kuyicuruza ku bacuruzi n’amasoko mpuzamahanga.”

Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye iheruka kugaragaza ko ingano ya zahabu icuruzwa mu buryo bwa magendu iruta icuruzwa mu buryo bwemewe n’amategeko.

Zahabu nyinshi icuruzwa muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, inyujijwe mu bihugu birimo Uganda n’u Burundi.

Mu 2019 mu Rwanda hatangijwe uruganda rutunganya zahabu ruzwi nka Aldango Ltd., rufite ubushobozi bwo gutunganya 220 kg ku munsi na toni 6 ku kwezi.

Imibare ya Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, iheruka kugaragaza ko ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga, agaciro kabyo kiyongereyeho 15.1% kugeza muri Kamena 2020 bitewe ahanini n’umusaruro wavuye muri zahabu wazamutseho 754,6%.

Icyo gihe Guverineri John Rwangomba yavuze ko kuba u Rwanda rufite uruganda rutunganya zahabu birufitiye inyungu ikomeye.

Ati “Urebye uko kuzamuka ni uguhera hafi kuri zeru, ntabyo twakoraga mu Rwanda. Aho dutangiriye uko gutunganya zahabu, imibare igaragaza zahabu zituruka hanze ziza gutunganyirizwa hano yarazamutse, noneho iyo bamaze kuyitunganya bakayohereza mu mahanga, nabyo byarazamutse.”

Zahabu yinjira mu Rwanda irimo umwanda, igasohoka mu ruganda ikagurishwa ku isoko mpuzamahanga yatunganyijwe ku kigero cya 99 ku ijana. Iba inahenze ku isoko kurusha kuyigurisha itaratunganywa.

Andi masezerano yasinywe kuri uyu wa Gatandatu arimo ajyanye no guteza imbere no kurengera ishoramari yashyizweho umukono na ba Minisitiri b’ubucuruzi, n’amasezerano ajyanye no kwirinda gusoresha ibicuruzwa kabiri no gukumira inyerezwa ry’imisoro, yashyizweho umukono na ba minisitiri b’imari n’igenamigambi.

Perezida Kagame yavuze ko urwo ruzinduko rwabaye umwanya w’ibiganiro byitezweho inyungu ku bihugu byombi.

Ati “Nk’uko twabibonye kandi twasinye amasezerano atandukanye, ndizera ko ibi ari intangiriro. Hari inzego nyinshi dushobora gufatanyamo mu kubaka umubano ukomeye, n’umusingi w’ubutwererane hagati y’ibihugu byacu.”

Perezida Tshisekedi yavuze ko ubwo ikirunga cya Nyiragongo cyarukaga yahamagaye Perezida Kagame amusaba ubufasha ku baturage bahungaga bagana i Rubavu, atungurwa no kuba yari yamaze gutanga amabwiriza ko abaturage bakirwa.

Ati “Ndashaka kwerekana ubuvandimwe buhari kandi bukwiye gukomeza kubaho hagati y’ibihugu byacu byombi n’abaturage bacu.”

Yavuze ko kuva yajya ku butegetsi yakunze kuvuga ko hari imyaka myinshi yatakaye ibihugu byombi birebana nabi mu mwuka w’intambara n’urwango, ku buryo ubu ari igihe cyo kubana mu mahoro, urukundo n’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.

U Rwanda na RDC byasinye amasezerano ajyanye n’ubufatanye mu bucuruzi
Hanasinywe amasezerano ajyanye no kurwanya kunyereza imisoro
Bahaye ikiganiro abanyamakuru
Ba Minisitiri bashinzwe ubucuruzi n’inganda bahererekanya inyandiko zikubiyemo amasezerano y’ubufatanye mu gucukura zahabu
TAGGED:featuredPaul KagameRDCTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 156 Bakomeje Kuburirwa Irengero Nyuma Yo Guhanukirwa n’Umuturirwa
Next Article U Bushinwa Si Igikoko Gishaka ‘Guconcomera Ubukungu Bwose’ Bw’Afurika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?