Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na RDC Mu Biganiro Bizemeza Uburyo Bushya Bwo Gukoresha Umupaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Na RDC Mu Biganiro Bizemeza Uburyo Bushya Bwo Gukoresha Umupaka

admin
Last updated: 06 September 2021 11:22 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yemeje ko u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo biri mu biganiro bizemeza uburyo bwo gukoresha umupaka, bworoheye abaturage b’impande zombi muri ibi bihe bya COVID-19.

Kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020 rwafunze imipaka yo ku butaka, ku buryo ubucuruzi bwambukiranya imipaka n’imigenderanire hagati y’abaturage b’ibihugu byombi byahungabanye cyane.

Ni mu gihe mbere abantu baturiye imipaka bashoboraga kwambuka bakoresheje indangamuntu gusa.

Mu kiganiro yagiranye na RBA kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame yavuze ko icyo ari ikibazo kireba impande ebyiri, gikomeje kuganirwaho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati “N’ubu hariho ibiganiro hagati y’ibihugu byombi, impande zombi z’umupaka, hari ibiganiro biriho by’ababishinzwe, kugira ngo bige ukuntu habaho koroshya ku mpande zombi, borohereze Abanyarwanda, borohereze n’Abanye-Congo.”

“Ndibwira ko umuti uzaboneka nabyo bidatinze, (abantu) bihangane hanyuma uburyo bumwe cyangwa ubundi buzaboneka bwakorohereza Abanyarwanda cyangwa Abanye-Congo kugira ngo bashobore guhahirana, bagenderane.”

Mbere y’umwaduko wa Coronavirus, umupaka uhuza u Rwanda na RDC mu Karere ka Rubavu wanyurwagaho n’abantu bari hagati y’ibihumbi 50 n’ibihumbi 55 buri munsi.

Bibarwa ko muri ibi bihe unyurwaho n’abacuruzi bari hagati y’ibihumbi bitandatu n’umunani.

TAGGED:featuredPaul KagameRDC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Airtel Rwanda Yabonye Umuyobozi Mukuru Mushya
Next Article RwandAir Igiye Gusubukura Ingendo Zijya Muri Uganda No Mu Buhinde
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?