Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na Tanzania Batangije Ikoranabuhanga Mu Bwikorezi Bw’Ibicuruzwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Na Tanzania Batangije Ikoranabuhanga Mu Bwikorezi Bw’Ibicuruzwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 March 2023 5:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Kigali hateraniye Inama yahuje ba rwiyemezamirimo bakora mu bwikorezi bw’ibicuruzwa hagati y’u Rwanda na Tanzania hagamijwe kwigira hamwe uko ikonarabuhanga ryafasha mu kwishyurana.

Umukozi w’imwe muri Banki zo muri Tanzania witwa Linda Teggisa yavuze ko iwabo hari amafaranga ahagije bateguriye abashaka inguzanyo kugira ngo bakore ubwikorezi bw’ibicuruzwa.

Avuga ko ayo mafaranga yashyiriweho uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kuyahererekanya.

Iyo Banki bayita NMB Bank Plc.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umunyabamanga nshingwabikorwa w’umuryango uhuza ibihugu byo mu Muhora wo hagati witwa Flory Okandju Okange avuga ko imikoranire hagati y’u Rwanda na Tanzania binyuze mu ikoranabuhanga bizagira akamaro no ku bindi bihugu bigize uyu muhora.

Avuga ko  ubuyobozi bw’uriya muhora bukorana n’u Rwanda kugira ngo hubakwe imihanda imeze neza hagamijwe koroshya ubwikorezi.

Kuri uyu wa Kabiri taliki 07, Werurwe, 2023 azasinyana amasezerano y’imikoranire n’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ubwikorezi, RTDA.

Okandju Okange Flory ati: “ Gutera inkunga ibihugu biri muri uyu muhora ni inshingano zacu, kandi ntituzabitezukaho.”

Ambasaderi wa Tanzania mu Rwanda Major General Richard Mutayoboa Makanzo avuga ko imikoranire hagati y’u Rwanda na Tanzania ari myiza kandi ko ikoranabuhanga mu bwikorezi rigiye gutangizwa hagati y’abacuruzi b’Abanyarwanda n’abanya Tanzania rizarusha ho kuzamura umubano.

- Advertisement -

Avuga ko rizatuma ibicuruzwa bidatinda mu nzira.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ushinzwe ibikorwa bya EAC, Prof Nshuti Mannasseh wari umushyitsi mukuru avuga ko kuba ibihugu byombi biri kuva mu ngaruka za COVID-19 ari ingingo yo guheraho kugira ngo imikoranire irushaho kuba myiza.

Yibukije abari aho ko 70% y’ibyo u Rwanda rwakira biturutse hanze byinjirira ku cyambu cya Tanzania.

Prof Nshuti yabwiye ba rwiyemezamirimo ko bagomba gukoresha neza iriya mikoranire kugira ngo ibungukire.

Ati: “ Muzirikane ko ari mwe mugomba guha abaturage b’ibihugu amahirwe yo kungukira ku byo mukora.”

Yabasabye abacuruzi bo ku mpande zombi kwitandukanya n’ibya Politiki, bakabiharira abanyapolitiki.

Prof Nshuti Manasseh avuga ko Politiki iba nziza iyo yoroshya ubucuruzi.

Avuga kandi ko ibintu biba byiza iyo imyanzuro ifashwe  mu buryo bushyize mu gaciro kandi abantu bakiha igihe cyo kuba ibintu byakozwe, bikava mu mpapuro.

TAGGED:AmakamyofeaturedNshutiRwandaTanzaniaubwikorezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mukuralinda Yabwiye DRC Ko Ishatse Yareka Kwenyegeza Umuriro
Next Article Centrafrique: François Bozizé Yahawe Ubuhungiro Muri Guinea Bissau
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Ibipimo By’Imibereho Y’Abatuye Umujyi Wa Kigali Bihagaze

DRC: Abasirikare Ku Rugamba Barya Mu Minsi 15 Gusa

Ubuzima, Uburezi…Inkingi Z’Umubano W’u Rwanda N’Ubusuwisi

Cardinal Kambanda Ari Muri Uganda Mu Kuzirikana Abahowe Imana

Burundi: Abanyamakuru Bahawe Umuburo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

RIB Igeze He Umukoro Perezida Kagame Yayihaye?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Intego Y’u Rwanda Ku Byerekeye Umukamo Mu Myaka Ine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ingabo Z’u Rwanda Mu Bufatanye N’Iza Misiri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ngoma: Hibutswe Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yishwe Irazima Muri Jenoside 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?