Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda N’Ubushinwa Baganiriye Uko Ubufatanye Mu Bya Gisirikare Bwakomezwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda N’Ubushinwa Baganiriye Uko Ubufatanye Mu Bya Gisirikare Bwakomezwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 October 2023 2:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Lt Gen Mubarakh Muganga yaganiriye na mugenzi we wo  mu ngabo z’Ubushinwa ushinzwe ibikorwa by’urugamba witwa  Gen Liu Zhenli uko imikoranire y’impande zombi yashimangirwa.

Igisirikare cy’Ubushinwa ni icya kabiri mu bikoresho bya gisirikare ku isi ariko kikaba icya mbere mu kugira umubare mwinshi w’abasirikare cyange cyane ko ari nacyo gihugu gituwe n’abaturage benshi kurusha ibindi ku isi.

Igisirikare cy’Ubushinwa ni icya kabiri gikomeye ku isi

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yatangaje kuri X  ko Lt Gen Mubarakh Muganga uyobora ingabo z’u Rwanda yakiriwe na Gen Liu ku Cyumweru tariki 29 Ukwakira, 2023 bahuriye  i Beijing muri International Convention Center.

Bahuriye ahari kubera Ihuriro mpuzamahanga rya 10 ryiga ku bibazo by’umutekano byugarije isi muri iki gihe.

Iyo nama mpuzamahanga mu by’umutekano yiswe 10th Beijing Xiangshan Forum, abayitabiriye bakaba baganira uburyo bwo gushimangira ubufatanye busanzwe buri hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa mu by’umutekano.

Iri huriro rizarangira kuri uyu wa Kabiri taliki 31, Ukwakira, 2023, rikaba rifite insanganyamatsiko igira iti: ‘Umutekano rusange, Amahoro arambye.’

Rihurije hamwe ba Minisitiri b’Ingabo n’abagaba bakuru b’Ingabo baturutse mu bihugu birenga 90 hirya no hino ku Isi.

Riba umwanya wo kumva byinshi birambuye kuri gahunda u Bushinwa  bwifuza kugaragarizaho ibitekerezo byo gushyira mu bikorwa, gahunda mpuzamahanga ku mutekano (Global Security Initiative) kandi abaryitabiriye bakumvishwa akamaro ko gushyigikira iriya gahunda ya GSI.

Kuri iyi nshuro, abitabiriye iri huriro bazaganira ku mutekano mu Karere k’u Burayi n’Uburasirazuba bwo Hagati, by’umwihariko amakimbirane y’u Burusiya na Ukraine, ndetse n’aya Israel na Palestine.

 

TAGGED:BushinwafeaturedIngaboIsraelMinisiteriMugangaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Bakubise Abajura Bane Umwe Arapfa
Next Article Ubufaransa Bwiyemeje Gufasha u Rwanda Kuvugurura Ibitaro Bya Ruhengeri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?