Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rufite Abacamanza 318
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rufite Abacamanza 318

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 September 2023 1:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe mu nkiko z’u Rwanda hadasiba kwinjira amadosiye mashya, ku rundi ruhande ubutabera bw’u Rwanda bufite ibibazo birimo n’igabanuka rigaragara ry’abacamanza. Ubu babarirwa muri 318 mu gihe abavoka babakubye hafi gatanu.

Iki ni kimwe mu bibazo bikomereye ubutabera bw’u Rwanda nk’uko biherutse kugarukwaho na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama nkuru y’Ubucamanza mu Rwand Dr. Faustin Ntezilyayo.

Iki kibazo cyatangajwe ubwo hatangazwaga ibikubiye muri raporo y’Urwego rw’Ubucamanza y’umwaka wa 2022/2023.

Mu ngorane nyinshi uru rwego ruhura nazo, iza ku mwanya wa mbere ni abakozi bake biganjemo abacamanza bava mu mwuga.

Bamwe bajya kwikorara ibyabo, bakaba abajyanama mu by’amategeko b’ibigo runaka, guca imanza bakabireka.

Dr Faustin Ntezilyayo yagaragaje ko inshingano z’ubucamanza zisaba ubumenyi, ubunararibonye n’ubunyangamugayo byose byihariye kandi biri ku rwego ruhanitse.

Ku rundi ruhande ariko, ngo izo nshingano ntizigendana n’ibyo bagenerwa ibi bigatuma hari abava muri uyu mwuga w’ingirakamaro, bakajya gushakira ahandi amaramuko.

Bararikira kujya mu mirimo bazahembwa neza kurusha mu bucamanza.

Abakora mu rwego rw’ubucamanza bavuga ko uko imishahara n’ibindi bigenerwa abakozi bo mu rwego rw’ubucamanza biteye, bidafasha urwo rwego kubona abakozi bashoboye bakwiranye n’inshingano.

Ngo n’abasanzwe muri uyu mwuga bawuvamo.

Ibi bituma habura abantu bakwiye bajye muri uru rwego rw’ingirakamaro.

Abacamanza benshi bava mu kazi ni abo mu nkiko z’ibanze, izisumbuye n’iz’ubucuruzi.

Imibare igaragaza ko mu myaka 18 ishize,  abanditsi n’abacamanza 222 b’inkiko basezeye akazi abandi baragahagarika.

Bangana na 35% by’umubare w’abanditsi n’abacamanza bari mu kazi mu mwaka wa 2023.

Icyuho cy’abakozi kigaragaza mu mwaka wa 2023 kuko  u Rwanda rufite abacamanza 318, abanditsi b’inkiko ni 235 naho abashakashatsi mu by’ubutabera ari 16 mu gihe nyamara hari abavoka barenga 1500.

Uretse urwego rw’ubucamanza ariko n’Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Havugiyaremye Aimable, yagaragaje ko ikibazo cy’abakozi bake kiri no mu Bushinjacyaha.

Kuva mu mwaka wa 2004, umubare w’imanza wariyongereye cyane ariko uw’abacamanza n’abakora mu nkiko ntiwiyongera kuri urwo rwego.

Mu ngaruka z’ibi, harimo ubwiyongere bukabije bw’ibirarane by’imanza n’igihe kinini ababuranyi bamara bategereje kuburana.

Kugeza muri Nzeri, 2023, umucamanza abarirwa imanza 542 ku mpuzandengo agomba guca ku mwaka, bikaba bivuze ko agomba guca imanza 49 ku kwezi.

Mu mwaka wa 2005, imanza zinjiraga mu nkiko zari  37.136  zikagera kuri 91.381 mu mwaka wa  2022/2023.

Zimwe mpamvu z’imanza zidasiba kwinjira mu nkiko ni izishingiye ku bwiyongere bw’abaturage, iterambere mu bukungu ndetse no mu ikoranabuhanga.

Bivuze ko ibyo uko ari bitatu ari byo bitera ibibazo mu bantu, bigatuma baregana.

N’ubwo hari ibindi bibazo bituma ubutabera bw’u Rwanda bucumbagira birimo kutagira ahantu ho gukorera haboneye, gutakaza abakozi biza ku mwanya wa mbere.

Ifoto:Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Dr. Faustin Ntizilyayo.

TAGGED:AbacamanzaAbavokafeaturedImanzaInkikoNtezilyayoUbucamanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umutegetsi Muri Amerika Yaburiye Igihugu Cye Kubera Ubushinwa
Next Article Abakora Nabi Ntibakagire Uwo Batera Ubwoba: Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abaturage 354 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?