Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rufitiwe Icyizere Cyo Kwakira Isiganwa Rya Formula One
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rufitiwe Icyizere Cyo Kwakira Isiganwa Rya Formula One

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2024 11:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru Taarifa ifite avuga ko Guverinoma y’u Rwanda iri kuganira n’abayobozi b’ikigo gitegura isiganwa mpuzamahanga y’abatwara moto kitwa Formula One kugira ngo ruzaryakire kandi hari icyizere.

Ikigo kitwa Liberty Media gikurikirana niba igihugu cyakiriye iri rushanwa cyarabiteguye neza ni ukuvuga ibikorwaremezo n’ibindi bijyanye no kuryakira kivuga ko u Rwanda rubirimo neza.

Ibi bivuze ko u Rwanda rugomba kubaka ibikorwaremezo birimo imihanda n’ibindi bitandukanye byo kuzakira ririya rushanwa.

Bivugwa ko iryo shoramari rya Guverinoma y’u Rwanda rizagera kuri miliyoni $270.

Ibikorwaremezo byo kuryakira ntibihenze gusa mu kubakwa ahubwo bizasaba Leta y’u Rwanda izindi miliyoni nyinshi z’amadolari zo kubyitaho buri mwaka.

Abahanga bavuga ko n’ubwo u Rwanda rudasanganywe ibikorwaremezo bihambaye birebana no gutwara moto, ku rundi ruhande rushimirwa ko ibyo rwemereye abafatanyabikorwa baryo rubikora neza.

Uretse umutekano rusanzwe rwarubatsemo izina, u Rwanda rushimirwa ko ubukungu bwarwo buhagaze neza.

Umuyobozi wa Formula One witwa Domenicali aherutse kubwira ikinyamakuru Autosport ko u Rwanda ari igihugu cyo kwizerwa.

Yavuze ko ruherutse kugeza kuri Formula One gahunda isobanutse yo kuzakira ririya rushanwa kandi ngo muri Nzeri hari Inama izahuza impande zombi zibiganireho.

Avuga ko u Rwanda ari igihugu gikorera kuri gahunda kandi ari urwo kwizerwa.

The Nation yo muri Kenya yanditse ko Koreya y’Epfo na Thailand biri mu bihugu bishaka nabyo kuzakira Formula One.

Ikigo gitegura iri rushanwa kivuga ko u Rwanda ari rwo ruzaba irembo ryo kugarura iri rushanwa muri Afurika.

Ibiganiro kuri iri rushanwa byanananiye Afurika y’Epfo kandi ari igihugu cya kabiri muri Afurika gikize kurusha ibindi.

Icya mbere ni Nigeria.

U Rwanda ntacyo ruratangaza kuri iri shoramari ariko amakuru Taarifa ifite avuga ko ari ikintu kimaze iminsi kiganirwaho.

TAGGED:featuredIbiganiroimodokaIsiganwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC Yatunguwe N’Indege Y’Ubutasi Ya Uganda Mu Kirere Cyayo
Next Article Rwanda: Hateganyijwe Hegitari 435 Zizakorerwaho Gusimbuza Ibiti By’Ikawa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

You Might Also Like

ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi Rusange

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?