Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Gukoresha Gazi Rwacukuye Rukanayitunganya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rugiye Gukoresha Gazi Rwacukuye Rukanayitunganya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 August 2022 8:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu karere ka Karongi habereye igikorwa cyo gutangiza umushinga mugari wo gucukura no gutunganya gazi ivuye mu Kiyaga cya Kivu. Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente wari uhagarariye Perezida Kagame muri iki gikorwa yavuze ko mu myaka ibiri imbere Abanyarwanda bazatangira kubona gazeku giciro cyiza kandi iturutse ‘iwacu mu Rwanda’.

Guverinoma y’u Rwanda isanganywe  intego y’uko mu mwaka wa 2024 Abanyarwanda bose bazaba bafite amashanyarazi ku kigero cya 100%.

Muri iki gihe imibare yo muri Gicurasi, 2022 yerekana ko abafite amashanyarazi ari 71.92%,

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yavuze ko umushinga wo gucukura no gutunganya gazi uzafasha Leta kugera ku ntego u Rwanda rwiyemeje mu mwaka wa 2024.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Ni inkuru nziza kandi ku baturarwanda twese kuba mu gihe kiri imbere, uru ruganda nirumara kuzura, tuzashobora gukoresha gaze yacukuwe mu Kiyaga cya Kivu. Iyo gaze kandi izanifashishwa mu nganda, mu mashuri no mu bindi bigo bya Leta bizaba bikeneye gukoresha gaze.”

Ngirente avuga ko gaze niboneka ihagije izafasha mu kugabanya igiciro cy’iyo u Rwanda rwakuraga hanze kuko ngo no muri iki gihe ihenze.

Umukuru wa Guverinoma y’u Rwanda avuga ko icyo u Rwanda rugamije ari ukugabanya ikoreshwa ry’inkwi kuko byangiza ibidukikije haba mu mwuka abantu bahumeka ndetse no mu gutuma ubutakaza butakaza imbaraga zo guhangana n’isuri.

Ikigo kizacukura kinatunganya gaze yo mu Kiyaga cya Kivu yitwa Gasmeth.

Today in Bwishyura Sector, @KarongiDistr, Prime Minister Dr Edouard Ngirente will preside over the groundbreaking ceremony of the Compressed Natural Gas project by Gasmeth. #RBANews pic.twitter.com/ljJLua134T

— Rwanda Broadcasting Agency (RBA) (@rbarwanda) August 18, 2022

- Advertisement -

Amashanyarazi mu ngo z’Abanyarwanda…

Imbonerahamwe yakozwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amashanyarazi, EUCL, ivuga ko muri Werurwe, 2022  ingo zingana na 68.48% arizo zari zifite amashanyarazi. Icyakora muri Gicurasi, 2022 imibare yariyongereye nk’uko twabyanditse haruguru.

Akarere ka mbere gafite ingo zose zibamo amashanyarazi ni Kicukiro ariko n’ingo zose za Nyaruguru zifite amashanyarazi ariko yiganjemo atangwa n’izindi soko zayo nk’izuba, umuyaga n’indi.

Mu Karere ka Nyaruguru, amashanyarazi aboneka muri ubu buryo afite ijanisha rya 61% n’aho atangwa n’ingufu zisanzwe( on-grid) angana na 39%.

Muri Kicukiro amashanyarazi atangwa n’andi masoko( sources) atari asanzwe afite ijanisha rya 4%, asigaye yose akagira 96%.

Akarere gafite ingo nke zifite amashanyarazi ni Akarere ka Gakenke.

Imibare yo muri Werurwe, 2022.

Akandi karere gafite amashanyarazi macye kandi gasa n’aho gateye imbere ni Muhanga gafite 62% uyu mubare ukaba ungana n’uwo mu Karere ka Nyamagabe nako gafite 62%.

Akarere ka Ngororero gafite 50%, Nyabihu ikagira 56%, Nyamasheke ifite 59%, Nyanza ikagira 61%, Nyamasheke ikagira 62% umubare kanganya n’aka Muhanga gafite 62%.

TAGGED:AmashyaraziKarongiNgirente
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Etincelles Igiye Kurunduka, Akarere Kati: ‘Ntaho Izajya’
Next Article Polisi ‘Yamaramarije’ Kutihanganira ‘Abambara Ubusa’ Mu Banyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Karongi: Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batemanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Icyayi Gikomeje Kwinjiriza u Rwanda Amadovize Menshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?