Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Gushyiraho Urukiko Rwo Kumva Ibibazo By’Impunzi N’Abimukira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushyiraho Urukiko Rwo Kumva Ibibazo By’Impunzi N’Abimukira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 February 2024 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda igiye gushyiraho urukiko rwo kumva ibirego by’abimukira n’impunzi bazaba bari mu Rwanda.

Ni urukiko ruzaba rufite umucamanza mukuru w’Umunyarwanda uzafatanya na mugenzi we wo mu bihugu bikoresha Icyongerezwa, Commonwealth.

Abandi bacamanza barwo bazaturuka mu bihugu bitandukanye, bagomba kuba bafite ubumenyi buhagije mu bijyanye n’ubuhunzi n’uburenganzira bwa muntu.

Clémentine Mukeka usanzwe ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda avuga ko ruriya rukiko nirutangira gukora ruzaba rufite inshingano yo kwita ku bibazo by’abavuzwe haruguru bose, hatarebwe gusa ko baturutse mu Bwongereza.

Ati: “Ntabwo dushaka gufata impunzi zivuye mu Bwongereza mu buryo butandukanye n’iziva ahandi. Bizakorwa gutya twirinda ko hari abo twaheza ngo ni uko bataturutse aha n’aha”

Ni ibyo yise kwanga “traitément de faveur”.

Visi Perezida wa Komisiyo y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano Depite Alice Muzana avuga ko ibiri gukorwa bitanga icyizere ko ayo masezerano agiye gushyirwa mu bikorwa.

Ngo babifite icyizere cyuzuye 100%.

Muzana avuga ko nk’Umudepite harimo n’indi nyungu y’uko basobanukiwe neza n’uko iki kibazo kimeze bityo no kugisobanurira abaturage bikazoroha.

Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta Dr. Emmanuel Ugirashebuja avuga ko kuva u Rwanda rwasinyana amasezerano n’abafatanyabikorwa barwo b’Abongereza rwakurikije ibiyakubiyemo byose.

Avuga ko ibyo abanenga aya masezerano bari baravuze by’uko inkiko z’u Rwanda zitasubiza inyuma ibyemejwe na Komisiyo isuzuma iby’ubuhungiro, byaje kugaragara ko nta shingiro gushidikanya kwabo kwari gufite.

Ibi ngo byaje kuvuguruzwa n’uko urukiko rukuru rw’i Nyanza rwasubije inyuma icyemezo cyari cyafashwe rutanga ubwenegihugu ku muntu bari bwabwimye.

Kuri Ugirashebuja, ibi byerekana ko hari ubwo inkiko zisubiza inyuma ibyo urwego nyubahirizategeko( L’Exécutif) ruba rwemeje.

Avuga ko amasezerano u Rwanda rufitanye n’Ubwongereza ntaho ahabanye n’andi rwasinyanye n’amahanga cyangwa ngo agire aho atandukanira n’amategeko mpuzamahanga rwasinye kandi ayo yose rwayakurikije uko yakabaye.

Ibindi ngo ni ukutabura urwitwazo.

TAGGED:AbimukirafeaturedMukekaUgirashebuja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto Y’Ibyangijwe N’Igitero Cya RED Tabara
Next Article Na Bernard Ntaganda Arashaka Gukurwaho Ubusembwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?