Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Gushyiraho Urukiko Rwo Kumva Ibibazo By’Impunzi N’Abimukira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushyiraho Urukiko Rwo Kumva Ibibazo By’Impunzi N’Abimukira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 February 2024 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda igiye gushyiraho urukiko rwo kumva ibirego by’abimukira n’impunzi bazaba bari mu Rwanda.

Ni urukiko ruzaba rufite umucamanza mukuru w’Umunyarwanda uzafatanya na mugenzi we wo mu bihugu bikoresha Icyongerezwa, Commonwealth.

Abandi bacamanza barwo bazaturuka mu bihugu bitandukanye, bagomba kuba bafite ubumenyi buhagije mu bijyanye n’ubuhunzi n’uburenganzira bwa muntu.

Clémentine Mukeka usanzwe ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda avuga ko ruriya rukiko nirutangira gukora ruzaba rufite inshingano yo kwita ku bibazo by’abavuzwe haruguru bose, hatarebwe gusa ko baturutse mu Bwongereza.

Ati: “Ntabwo dushaka gufata impunzi zivuye mu Bwongereza mu buryo butandukanye n’iziva ahandi. Bizakorwa gutya twirinda ko hari abo twaheza ngo ni uko bataturutse aha n’aha”

Ni ibyo yise kwanga “traitément de faveur”.

Visi Perezida wa Komisiyo y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano Depite Alice Muzana avuga ko ibiri gukorwa bitanga icyizere ko ayo masezerano agiye gushyirwa mu bikorwa.

Ngo babifite icyizere cyuzuye 100%.

Muzana avuga ko nk’Umudepite harimo n’indi nyungu y’uko basobanukiwe neza n’uko iki kibazo kimeze bityo no kugisobanurira abaturage bikazoroha.

Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta Dr. Emmanuel Ugirashebuja avuga ko kuva u Rwanda rwasinyana amasezerano n’abafatanyabikorwa barwo b’Abongereza rwakurikije ibiyakubiyemo byose.

Avuga ko ibyo abanenga aya masezerano bari baravuze by’uko inkiko z’u Rwanda zitasubiza inyuma ibyemejwe na Komisiyo isuzuma iby’ubuhungiro, byaje kugaragara ko nta shingiro gushidikanya kwabo kwari gufite.

Ibi ngo byaje kuvuguruzwa n’uko urukiko rukuru rw’i Nyanza rwasubije inyuma icyemezo cyari cyafashwe rutanga ubwenegihugu ku muntu bari bwabwimye.

Kuri Ugirashebuja, ibi byerekana ko hari ubwo inkiko zisubiza inyuma ibyo urwego nyubahirizategeko( L’Exécutif) ruba rwemeje.

Avuga ko amasezerano u Rwanda rufitanye n’Ubwongereza ntaho ahabanye n’andi rwasinyanye n’amahanga cyangwa ngo agire aho atandukanira n’amategeko mpuzamahanga rwasinye kandi ayo yose rwayakurikije uko yakabaye.

Ibindi ngo ni ukutabura urwitwazo.

TAGGED:AbimukirafeaturedMukekaUgirashebuja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto Y’Ibyangijwe N’Igitero Cya RED Tabara
Next Article Na Bernard Ntaganda Arashaka Gukurwaho Ubusembwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?