Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Gushyiraho Urukiko Rwo Kumva Ibibazo By’Impunzi N’Abimukira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushyiraho Urukiko Rwo Kumva Ibibazo By’Impunzi N’Abimukira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 February 2024 7:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda igiye gushyiraho urukiko rwo kumva ibirego by’abimukira n’impunzi bazaba bari mu Rwanda.

Ni urukiko ruzaba rufite umucamanza mukuru w’Umunyarwanda uzafatanya na mugenzi we wo mu bihugu bikoresha Icyongerezwa, Commonwealth.

Abandi bacamanza barwo bazaturuka mu bihugu bitandukanye, bagomba kuba bafite ubumenyi buhagije mu bijyanye n’ubuhunzi n’uburenganzira bwa muntu.

Clémentine Mukeka usanzwe ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda avuga ko ruriya rukiko nirutangira gukora ruzaba rufite inshingano yo kwita ku bibazo by’abavuzwe haruguru bose, hatarebwe gusa ko baturutse mu Bwongereza.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Ntabwo dushaka gufata impunzi zivuye mu Bwongereza mu buryo butandukanye n’iziva ahandi. Bizakorwa gutya twirinda ko hari abo twaheza ngo ni uko bataturutse aha n’aha”

Ni ibyo yise kwanga “traitément de faveur”.

Visi Perezida wa Komisiyo y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano Depite Alice Muzana avuga ko ibiri gukorwa bitanga icyizere ko ayo masezerano agiye gushyirwa mu bikorwa.

Ngo babifite icyizere cyuzuye 100%.

Muzana avuga ko nk’Umudepite harimo n’indi nyungu y’uko basobanukiwe neza n’uko iki kibazo kimeze bityo no kugisobanurira abaturage bikazoroha.

- Advertisement -

Minisitiri w’ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta Dr. Emmanuel Ugirashebuja avuga ko kuva u Rwanda rwasinyana amasezerano n’abafatanyabikorwa barwo b’Abongereza rwakurikije ibiyakubiyemo byose.

Avuga ko ibyo abanenga aya masezerano bari baravuze by’uko inkiko z’u Rwanda zitasubiza inyuma ibyemejwe na Komisiyo isuzuma iby’ubuhungiro, byaje kugaragara ko nta shingiro gushidikanya kwabo kwari gufite.

Ibi ngo byaje kuvuguruzwa n’uko urukiko rukuru rw’i Nyanza rwasubije inyuma icyemezo cyari cyafashwe rutanga ubwenegihugu ku muntu bari bwabwimye.

Kuri Ugirashebuja, ibi byerekana ko hari ubwo inkiko zisubiza inyuma ibyo urwego nyubahirizategeko( L’Exécutif) ruba rwemeje.

Avuga ko amasezerano u Rwanda rufitanye n’Ubwongereza ntaho ahabanye n’andi rwasinyanye n’amahanga cyangwa ngo agire aho atandukanira n’amategeko mpuzamahanga rwasinye kandi ayo yose rwayakurikije uko yakabaye.

Ibindi ngo ni ukutabura urwitwazo.

TAGGED:AbimukirafeaturedMukekaUgirashebuja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto Y’Ibyangijwe N’Igitero Cya RED Tabara
Next Article Na Bernard Ntaganda Arashaka Gukurwaho Ubusembwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?