Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Gutangiza Uruganda Rukora Ibirahuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rugiye Gutangiza Uruganda Rukora Ibirahuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 March 2021 9:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) Clare Akamanzi, yavuze ko bamaze gukora inyigo yo kureba niba mu Rwanda hashobora kuboneka iby’ibanze byakwifashishwa mu gukora ibirahuri, igaragaza ko bihari ndetse igisigaye ni ugushaka umushoramari.

Yabivuze kuri uyu wa Kane ubwo Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagezaga ku bagize inteko ishinga amategeko – imitwe yombi – ibikorwa bya guverinoma mu guteza imbere inganda muri ibi bihe bya COVID-19.

Akamanzi yasubizaga ikibazo kijyanye n’ibyo gupfunyikamo byifashishwa mu nganda, usanga ahanini bigitumizwa mu mahanga.

Yavuze ko hari bimwe bikorerwa mu Rwanda, ariko hari n’ibigitumizwa mu mahanga 100% nk’udukarito duto tujyamo umutobe w’Inyange cyangwa amata, amacupa ya plastic, imifuka ijyamo sima yaba iya CIMERWA cyangwa Prime Cement n’ibipfunyikwamo bikoze mu cyuma yangwa ibirahuri.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko muri izo nzego bagomba gukomeza gushaka abashoramari.

Akamanzi yavuze ko ku bijyanye n’ibirahuri, hari inyigo yakozwe harebwa niba mu gihugu hashobora kuboneka umucanga ufite ibikenewe byose ngo wifashishwe mu gukora ibirahuri. Uwo mucanga uzwi nka Silica, uba wifitemo ikinyabutabire cya Silicon Dioxide (SiO2).

Yavuze ko mu nyigo bakoze, baje gusanga uwo mucanga waboneka i Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, ndetse bawusuzumye binyuze no muri laboratwari.

Ati “Icyo bimaze kugaragaza ni uko dufite ubwoko bwiza cyane bushobora gukora ibirahuri mu gihugu. Igikurikira ni uko tugiye kugeza raporo ku bashoramari kugira ngo dushobore gukora ibirahuri, byaba ibirahuri by’amacupa cyangwa ibyo kubaka amadirishya n’ahandi hose dukeneye mu gihugu, kuko ubungubu byose tubitumiza hanze.”

Ntabwo yatangaje igihe guverinoma iteganya ko uru ruganda rwaba rwatangiye gukora.

- Advertisement -

Kugeza ubu mu Rwanda hari inganda 15 zikora ibintu byo gupfunyikwamo, zifashisha ibintu byoroheje.

Harimo ibipfunyikwamo bikorwa mu mpapuro bigera kuri 60% bikorerwa mu Rwanda, amakarito manini ajyamo ibyakorewe mu nganda ni hafi 75%, amashashi aho yemerewe mu Rwanda hakorerwa 80%, naho udufuka ni hafi 80%.

Iki kiganiro cyabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga
TAGGED:Clare AkamanziDr Edouard NgirentefeaturedRDB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Vivo Energy Rwanda Yaguze Ibikorwa Bya ENES Na GEMECA
Next Article Abantu 2000 Bagiye Gupimwa COVID-19 Mu Bushakashatsi Muri Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?