Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Gutunganya Ifu Y’Akawunga ‘Yihariye’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rugiye Gutunganya Ifu Y’Akawunga ‘Yihariye’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 February 2023 2:43 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Gahunda yiswe  Fortified Whole Grain (FWG) y’ikigo Vanguard Economics igiye gutangira gutunganya ifu y’ibigori yujuje ubuziranenge kandi ikize ku ntungamubiri izajya ikoreshwa mu kugaburira abanyeshuri bo mu Rwanda.

Ni umushinga watangiriye mu bigo 18.

Ishyirwa mu bikorwa byawo biterwa inkunga n’ikigo cy’Abanyamerika kitwa Rockefeller Foundation.

Mu mwaka wa 2020 nibwo uyu mushinga watangijwe ariko uza kuba uhagaze kubera Guma mu rugo yanzuwe hose mu Rwanda hirindwa COVID-19.

Intego ni ugufasha amashuri atandukanye kubona ibiryo bikomoka ku binyampeke byujuje intungamubiri zicyenewe kuri buri mwana bigatuma akura neza mu gihagararo ndetse no mu bwenge.

Nyuma y’uko uyu mushinga ugaragaje impinduka mu mashuri wageragerejwemo, Vanguard Economics n’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye Inganda (NIRDA) bagiye gukorana mu rwego rwo kongera ingano n’ubwiza by’ifu y’ibigori kandi igezwe henshi.

Ibi bigo biherutse gusinya amasezerano y’ubufatanye mu iterambere ry’uyu mushinga.

Yasinyiwe mu nama nyunguranabitekerezo yahuje Vanguard Economics, NIRDA ndetse n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye.

Abayitabiriye baganiriye uko hahuzwa imbaraga mu gufasha amashuri akagaburira abana ibiribwa byujuje ubuziranenge.

Kimwe mu bibazo abahanga bavuga ko gihangayikishije mu mitunganyirize y’ibiribwa ni itakara rya bimwe mu bigize ikigori.

Mu gutunganya ifu, hari vitamins n’ubutare bitakara.

Bumwe muri ubwo butare ni ‘zinc’.

Mu gutunganya biriya bigori, hazaba hagamijwe no gufasha Leta kugera ku ntego yayo yo kugaburirira abana ku ishuri.

Umuyobozi Mukuru wa NIRDA, Dr. Christian Sekomo Birame, avuga ko icyo bo bazakora cyane ari ukureba uko hakorwa ubushakashatsi n’ikoranabuhanga rigezweho bagafasha abanyenganda bakora mu bijyanye no gutunganya umusaruro ukomoka ku bigori.

Ati “Tuzareba uko twatanga ubufasha mu bushakashatsi, harimo ubujyanye no gupima ndetse no kongera ubwiza bw’ifu batunganya, ibyo mu bushobozi NIRDA ifite Laboratwari yacu iri i Huye izajya ibafasha gupima barebe ko ibyo bicuruzwa bagiye gushyira ku isoko byujuje ubuziranenge”.

Dr. Christian Sekomo Birame

Diane Dusabeyezu wo mu kigo  Vanguard Economics ushinzwe Ishyirwa mu bikorwa rya gahunda ya Fortified Whole Grain, avuga ko ari umushinga watangiye by’umwihariko bakorana n’ibigo by’amashuri ariko ngo n’abandi uzabageraho.

Ati “Ni umunshinga turimo kugerageza kwinjiza mu mashuri y’incuke, abanza ndetse n’ayisumbuye, kubera ko ni abana kandi bakirimo gukura, ni yo mpamvu dushaka gutangirana nabo, ariko turangije mu mashuri tuzagerageza uburyo iyo fu yagezwa ku isoko risanzwe”.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu Samuel Dusabiyumva, avuga ko imirire mibi icyugarije abana benshi mu Rwanda cyane cyane abafite munsi y’imyaka itanu y’amavuko.

Avuga ko Leta ishyigikiye ikoreshwa ry’ibiribwa bitunganyije mu buryo bwa Fortified Whole Grain, kandi ko yizeye ko iyi gahunda Vanguard Economics na NIRDA izagira uruhare mu gutunganya biriya biribwa.

Uriya mushinga wageragerejwe mu turere tubiri mu mashuri 18.

Abanyeshuri 73,897, nibo bawugeragerejweho kandi watanze ibisubizo byiza mu byo bari biteze.

Mu gihe kiri imbere, biteganyijwe ko uzagera mu turere twose tw’u Rwanda mu bigo by’amashuri 8300 no ku banyeshuri barenga miliyoni 3.6.

TAGGED:AbanyeshuriIbigoriIfuIkigo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: ‘Scanner’ Imwe Niyo Ikora Mu Gihugu Hose
Next Article Kamonyi: ‘Umugore’ Yafatanywe Urumogi Rwinshi Yari Avuye Kurangura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yahuje Ubuziranenge N’Iterambere Rirambye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?