Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Kubaka Ibitaro Bivura Umutima Bikomeye Mu Karere Ruherereyemo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rugiye Kubaka Ibitaro Bivura Umutima Bikomeye Mu Karere Ruherereyemo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2021 9:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Madamu Jeannette Kagame yaraye ashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ibitaro bivura indwara z’umutima bivugwaho kuzaba ari ibya mbere biri kuri urwo  rwego rwo hejuru mu Karere u Rwanda ruherereyemo.

Biri kubakwa mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro ku buso bwa Hegitari enye, bikaba biteganyijwe ko bizuzura nyuma y’imyaka hafi itatu.

Byahawe izina rya MY Heart Centre, bikazubakwa ku bufatanye bwa Leta y’u Rwanda ihagarariwe na Minisiteri y’ubuzima n’Ikigo  Heart Care and Research Foundation-Rwanda (HCRF-R).

Madamu Jeannette Kagame ashyira itafari ahagiye kubakwa biriya bitaro mu Murenge wa Masaka

Nibyuzura bizaba bifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 1000 bafite ibitanda mu bitaro, inzu y’isuzumiro ifite ibikoresho bigezweho, ahabikwa imiti, aho abakozi babyo bacumbika, aho babagira umutima n’ibyuma biwusuzuma.

Ikindi ni uko bizaba bifite ubushobozi bwo kuvura indwara z’umutima zoroheje n’izikomeye ndetse zisaba ko umutima ubagwa.

Abahanga mu mikorere y’umutima bavuga ko abantu benshi cyane cyane abakuze bakunze kuwurwara ariko ntibabimenye.

Akenshi umutima igira ibibazo bituruka ku kunywa inzoga nyinshi, itabi, kudakora siporo no guhangayika.

Ifoto yerekana uko biriya bitaro bizaba bisa nibyuzura

Batanga inama y’uko abantu bajya bisuzumisha buri mwaka bakareba uko umutima wabo utera, niba utaracitse intege…byose bigakorwa hagamijwe kurinda umuntu ko umutima we wazangirika akazajya kubimenya amazi yararenze inkombe.

Madamu Jeannette Kagame yabwiye abari bitabiriye umuhango wo gushyira ibuye ahagiye kubakwa biriya bitaro ko yizeye ko mu myaka iri imbere Abanyarwanda n’abandi batuye mu Karere ruherereyemo bazabona serivisi zigezweho mu kuvura indwara z’umutima.

Ati: “ Dushobora kugabanya mu buryo bugaragara umubare w’abantu bahitanwa n’umutima kandi twiyemeje kuzabigeraho. Nizeye ko bidatinze k’ubufatanye bwa Leta yacu n’abafatanyabikorwa bayo, tuzafasha abaturage bacu n’abo mu Karere kubona serivisi zo kubavura umutima.”

Yavuze ko biriya bitaro bizaha serivisi Abanyarwanda n’abaturanyi babo

Indwara z’umutima ntizibasira abantu bakuru gusa ahubwo zifata n’abana.

Mu kiganiro abayobozi bo mu Bitaro byitiriwe Umwami Faysal baherutse guha itangazamakuru, bavuze ko hari gahunda yo guhugura abaganga b’inzobere b’Abanyarwanda kugira ngo bamenye uko kubaga umutima w’abana bikorwa bityo abana b’Abanyarwanda bajye bavurirwa mu Rwanda batagiye mu Buhinde kuwubagisha.

Ikindi ni uko biriya bitaro bizafasha n’abaturage b’ibihugu bituranye n’u Rwanda kuza kuhivuriza aho kujya kure yabyo.

The New Times yanditse ko imibare ifite iyereka ko mu Rwanda abaganga b’umutima 10 ari bo babarwa ku baturage 13 zirengaho gato z’abarutuye kugeza ubu!

Bivuze ko umuganga umwe w’umutima agomba kwita ku baturage 10,500 mu gihe Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima ku isi, WHO/OMS rivuga ko umuganga umwe w’umutima agomba kwita byibura ku barwayi 1,000.

Abaganga babaga umutima baracyari bacye mu Rwanda n’ahandi muri Afurika
TAGGED:featuredIbitaroJeannetteKagameKicukiroMasakaUmutima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage Ba Uganda Barasaba Museveni Kutumva Inama Z’Abajyanama Be
Next Article Abantu 8 Bo Muri Kimihurura Bamaze Gupfa Bikekwa Ko Bazira Inzoga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?