Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Kubaka Irindi Shuri Rihambaye Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Irindi Shuri Rihambaye Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2025 7:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abayobozi bari gusura aho iri shuri rizubakwa.
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda irateganya ko mu myaka ine mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze hazaba haruzuye ishuri ry’ikitegererezo mu buhinzi n’ubworozi rikazubakwa ku ishoramari rya miliyoni € 50 ni ukuvuga miliyari Frw 84.

Ni ishuri ry’ubumenyi ngiro bise “Center of Vocational Excellence – CoVE” rizigisha abahinzi gukora umwuga wabo mu ikoranabuhanga rigezweho.

Urubyiruko n’abahinzi bazongererwa ubumenyi mu buhinzi bujyanye n’igihe, bunoze kandi burambye.

Icyo Leta igambiriye ni ukubaka ubuhinzi bugamije isoko, abahinzi bakava mu buhinzi bwa gakondo bugamije ibiribwa ahanini ngangurarugo.

Nta gihindutse, mu mwaka wa 2050 ubu bwoko bw’ubuhinzi buzaba bwaragezweho ku kigero ‘gishimishije’, ubutaka buzakorerwaho ubwo buhinzi bukazaba ari hegitari 600,000 zatunganyijwe ngo zuhirwe.

Mu myaka 25 iri imbere- nk’uko Guverinoma ibiteganya- ubuhinzi bw’u Rwanda buzaba bwarubatswe mu buryo buhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, bukoresha ubuhanga bugezweho mu gutanga umusaruro uhagije Abanyarwanda icyo gihe bazaba ari abantu miliyoni 22, nk’uko Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ibarurishamibare kibiteganya gityo.

Ku byerekeye ishuri ry’i Musanze, Repubulika y’u Rwanda na Repubulika ya Luxembourg nizo zizaryubaka binyuze mu mushinga ugamije kunoza ubumenyi butanga imirimo mu buhinzi bwa kijyambere mu Cyongereza bise ‘Improving Skills for Holistic Employment in Modern Agriculture, ni ukuvuga ISHEMA mu mpine.

Abize uyu mushinga bavuga ko iri shuri rizaba rifite inyubako zigezweho, ibikoresho by’ikoranabuhanga mu buhinzi bigezweho n’ahantu habereye kwigira ubwo bumenyi bunonosoye mu buhinzi.

Abazahiga bazahabwa amasomo y’igihe gito n’amahugurwa y’igihe kirekire ku buhinzi n’ubworozi, abanyeshuri bakazamenyerezwa no gutunganya ibikomoka ku matungo no ku bihingwa.

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’igihugu rushinzwe Tekinike, Imyuga n’Ubumenyingiro (Rwanda TVET Board), Eng Paul Umukunzi aherutse kubwira itangazamakuru ko iryo shuri rizafasha urubyiruko kujyana n’igihe mu buhinzi bukoresha ikoranabuhanga.

Ati: “Dushaka ko ubuhinzi bw’u Rwanda buba ubwa kinyamwuga. Abanyeshuri baziga muri iryo shuri bazahita binjira ku isoko ry’umurimo bafite ubumenyi bufatika, bashobora kwihangira imirimo biciye mu mishinga y’ubuhinzi n’ubworozi izaba igezweho icyo gihe. Uyu mushinga wa ISHEMA uzagira uruhare runini mu guhindura isura y’ubuhinzi mu gihugu.”

Yongeraho ko iryo shuri rizatanga ubumenyi kuva mu mashuri yisumbuye ndetse na Kaminuza, hakazaba hari n’inzu izajya ibikwamo umusaruro w’ibyakozwe n’abanyeshuri mu gihe utarabona isoko.

Uhagarariye abafatanyabikorwa b’u Rwanda muri uyu mushinga akaba akomoka muri Luxembourg witwa George Ternes yemeza  ko igihugu cye kizashyigikira gahunda za Leta y’u Rwanda z’iterambere binyuze mu burezi n’ubuhinzi bugezweho.

Ternes ati: “Twishimiye kuba u Rwanda ari igihugu gishyira imbere iterambere rirambye rishingiye ku bumenyi. Iri shuri rizaba uburyo bwo guhanga imirimo no guteza imbere ubuhinzi bwifashisha ikoranabuhanga. Tuzakomeza gukorana n’u Rwanda mu kuzamura urwego rw’uburezi bushingiye ku bikorwa bifatika.”

Abaturiye aho iryo shuri rizubakwa mu Murenge wa Busogo bavuga ko batewe ishema no kuba rigiye kubakwa iwabo kuko rizabafungurira amahirwe mashya yo kwiga, kubona akazi no kumenya uko ubuhinzi bugezweho bukorwa.

Mu kuwushyira mu bikorwa, abawuteguye bemeza ko ihame ryo kudaheza uwo ari we wese rizakurikizwa.

Abagore, urubyiruko n’abafite ubumuga bari mu bazahabwa akazi n’amahirwe yo kuryigamo no kurikoramo.

Iry’i Musanze zizabanziriza andi abiri azubakwa nyuma yaryo, yose akazaba uburyo bwo kuzamura imikoranire hagati y’amashuri, inganda n’ibigo by’ubushakashatsi mu buhinzi n’ubworozi.

Mu Bugesera mu Murenge wa Gashora hasanzwe irindi shuri ryigisha ubuhinzi bubungabunga ubutaka kandi bukoresha ahanini ikoranabuhanga mu kuhira.

Ryitwa RICA( Rwanda Institute of Conservation Agriculture), intego yaryo ikaba ubuhinzi bukozwe ku buso buto, butangiza ibidukikije kandi butanga umusaruro munini hagamijwe ko inzara izagera aho igacika mu Banyarwanda.

Ku rubuga rw’iyi Kaminuza, handitse ko abayigamo biga uko ubuhinzi mu gihugu gifite imisozi miremire nk’u Rwanda bwakorwa hatabayeho kwangiza ubutaka ngo isuri ibwibasire.

Kaminuza y’u Rwanda nayo isanganywe ibigo byigisha ubuhinzi bw’ingeri nyinshi birimo ikigo kiri mu Mujyi wa Kigali ahitwa mu Rubirizi, mu Murenge wa Kanombe muri Kicukiro, ikigo kiri i Rubona mu Karere ka Huye, ikiri i Musanze mu Murenge wa Busogo n’ikiri mu Bigogwe mu Karere ka Nyabihu.

Mu rwego kandi rwo kuzihaza mu biribwa, i Nyagatare n’i Gatsibo kuri imwe mu mirenge ikora ku ruzi rw’Akagera hubatswe ikoranabuhanga ryo kuhiza amazi ava muri uru ruzi.

Yarayobejwe ashyirwa mu bidendezi bituma uburyo bwo kuhira imirima myinshi iri mu bibaya by’aho hantu bushoboka.

Ni umushinga Muvumba Multipurpose Dam, uba muri Nyagatare na Gabiro Agriculture Hub uba muri Gatsibo.

TAGGED:featuredGuverinomaImirimaIshuriKuhiraLetaLuxembourgMusanzeNyagatareRwandaUbuhinziUbumenyingiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Y’Abagaba Bakuru B’Ingabo Muri Afurika 
Next Article Ku Manywa Y’Ihangu Bibye Inzu Ndangamurage Ya Mbere Ikomeye Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ku Manywa Y’Ihangu Bibye Inzu Ndangamurage Ya Mbere Ikomeye Ku Isi

U Rwanda Rugiye Kubaka Irindi Shuri Rihambaye Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi

U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Y’Abagaba Bakuru B’Ingabo Muri Afurika 

Imirwano Hagati Ya Israel Na Hamas Yubuye

Abanyamerika Baramagana Perezida Wabo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukunguUbuzima

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?