Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Kubakwamo Ikigo Timbuktoo Giteza Imbere Guhanga Udushya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rugiye Kubakwamo Ikigo Timbuktoo Giteza Imbere Guhanga Udushya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 January 2024 7:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

U Rwanda rwemeye gutanga umusanzu warwo wa Miliyoni $3  mu kigega cya Miliyari $1 izashyirwa mu kubaka no guha ubushobozi Ikigo Nyafurika kiswe Timbuktoo kizateza imbere guhanga udushya mu ikoranabuhanga no bindi biteza imbere Afurika.

Icyicaro cyacyo kizakorera muri Kigali International Financial Center, iri kubakwa mu Mujyi wa Kigali.

Kizaba gikorana bya hafi n’Ishami ry’Umuryango ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe amajyambere, UNDP.

Ibyo kubaka ikigo Timbuktoo byaganiririwe kandi byemerezwa i Davos mu Busuwisi, ahari kubera Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu bw’isi, yiswe World Economic Forum.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Timbuktoo nitangira gukora izatangirana n’imishinga 1,000 izava hirya no hino muri Afurika kugira ngo yigwe hanyuma iterwe inkunga.

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro k’iyi mishinga agira ati: “ Ni ikintu cy’agaciro kanini kuko bisanzwe bizwi ko Afurika ifite urubyiruko rufite imbaraga z’umubiri n’iz’ubwoko zishobora kubera igisubizo ibibazo byinshi biri ku isi.”

Ubwo uyu mushinga watangizwaga hari na Perezida wa Ghana Nana Akufo Addo bose bagaragiwe n’Umuyobozi wa UNDP witwa Achim Steiner.

U Rwanda rwaboneyeho gutangaza ko ruzatanga umusanzu warwo mu ishyirwaho rya kiriya kigega ungana na Miliyoni $3.

Umushinga wa Timbuktoo uzafasha ibigo bihanga udushya kugira ngo bikure, bireke guhirima bitaratera kabiri.

- Advertisement -

Perezida Kagame yabwiye abandi banyacyubahiro bari aho ko u Rwanda rwishimiye kuzaba icyicaro cy’uyu mushinga, anabibutsa ko rusanzwe rwakira buri wese urugana agamije kurukoreramo ibiteza imbere Abanyarwanda by’umwihariko n’Abanyafurika muri rusange.

TAGGED:AmajyamberefeaturedIkigoIkoranabuhangaKagameTimbuktooUNDP
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yaganiriye N’u Rwanda Ku Mutekano Muri DRC
Next Article Burundi: Imbonerakure Zateguriwe Kujya Ku Rugamba Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?