Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Ikomeye Ku Ishoramari Rufitanye N’Ubwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Ikomeye Ku Ishoramari Rufitanye N’Ubwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 January 2024 11:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Omar Daair uhagarariye u Bwongereza mu Rwanda
SHARE

Mu mpera za Mutarama, 2024, i Kigali hazateranira Inama Mpuzamahanga izahuza abanyemari b’Abanyarwanda n’Abongereza bigire hamwe uko ishoramari hagati ya Kigali na London ryakongerwamo imbaraga.

Ni inama izitabirwa kandi n’abakora mu nzego zitandukanye zirimo n’izifata ibyemezo bya Politiki mu bukungu n’ishoramari.

Ambasaderi w’Ubwongereza mu Rwanda Omar Daair avuga ko icyo Ubwongereza bugamije ari ukureba aho bwashora imari mu nzego zigamije imibereho myiza y’Abanyarwanda.

Avuga ko izo nzego zirimo ubuhinzi, ikoranabuhanga mu by’imari, guteza imbere ibikorwa remezo, ikoranabuhanga n’ahandi nk’aho.

Ibi kandi bisa n’ibyo Urwego rw’igihugu rw’iterambere, RDB, ruteganya kuzamurikira abashoramari b’Abongereza nk’uko bivugwa n’Umuyobozi warwo Francis Gatare.

Gatare avuga ko gushora mu Rwanda ari amahitamo meza.

Ati: “U Rwanda ni igihugu gifite ahantu heza ho gushora imari.”

Umwe mu Bongereza bavuga rikijyana witwa Lord Dolar Popat avuga ko yiboneye neza uko iterambere ry’u Rwanda rwagenze mu myaka umunani ishize.

Lord Dolar Popat

Popat asanzwe ari Intumwa ya Minisitiri w’Intere w’Ubwongereza Rishi Sunak mu Rwanda ishinzwe ubucuruzi.

Yemeza ko gushora imari mu Rwanda nta gihombo biteza rwiyemezamirimo.

Ku rundi ruhande, Abanyarwanda nabo bishimira uko ubucuruzi bakorana n’Ubwongereza buhagaze, bakavuga ko bushimishije kandi butanga icyizere cy’ejo hazaza.

Umwe muri bo ni Maryse Mbonyumutwa ufite ikigo gikorera imyenda mu Rwanda.

Maryse Mbonyumutwa

Avuga ko ubucuzi akorana n’Abongereza buhagaze neza kandi afite icyizere ko buzakomeza.

Ni Umunyarwandakazi ariko ufite n’ubwenegihugu bw’Ababiligi.

Maryse Mbonyumutwa avuga ko yahisemo gushora amafaranga mu Rwanda kubera ko yasanze rworohereza abashoramari mu kazi kabo.

Ibi abihurizaho na mugenzi we Lina Higiro ufite uruganda yise NCBA Rwanda.

Lina Higiro

Ikigo RDB giha ikaze abazitabira inama y’ishoramari izahuza u Rwanda n’Ubwongereza iteganyijwe hagati ya 29 na 31, Mutarama, 2024.

TAGGED:BwongerezafeaturedInamaIshoramariMbonyumutwaRDBRwandaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Asaba Leta Gufasha Abafite Ubumuga Kwifasha
Next Article Touadéra Ari Mu Ihurizo Rikomeye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?