Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugomba Gushaka Ahandi Rwakura Ingano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rugomba Gushaka Ahandi Rwakura Ingano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 March 2022 10:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibi byaraye bivuzwe na Guverineri wa Banki nkuru y’u Rwanda Bwana John Rwangombwa mu kiganiro yahaye abitabiriye igikorwa cyo kugaragaza uko Urwego rw’imari na Politiki y’ifaranga ruhagaze mu Rwanda.

Yakomoje  ku ngaruka intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya izagira ku Rwanda.

Avuga ko kuba  hafi 60% y’ingano u Rwanda rutumiza hanze ituruka mu Burusiya na Ukraine kandi ibi bihugu bikaba biri mu ntambara, bivuze ko ubwinshi by’ingano rucyenera izagabanuka.

Kubera iyo mpamvu, Guverineri Rwangombwa avuga ko u Rwanda rugomba gushaka ahandi rwakura ingano zo kuziba icyo cyuho.

Ikindi kandi ngo u Rwanda rugomba gushaka ahandi rwakura ibicuruzwa birimo ibikomoka  kuri Peteroli na Gazi.

Guverineri Rwangombwa John ubwo yabwiraga abitabiriye kiriya kiganiro

Ku byerekeye uko ifaranga ry’u Rwanda rihagaze, Rwangombwa yavuze ko n’ubwo hari impungenge k’ukwiyongera kw’inguzanyo zigomba gukurikiranirwa hafi ku bijyanye n’imyishyurire yayo, ngo Banki ayoboye  ishimishwa nuko ibigo by’imari biri kunguka.

Abishingira ku mibare y’umwaka wose wa 2021.

Guverineri Rwangombwa asanga u Rwanda rugomba gushaka  isoko u Rwanda rwahahiramo ibicuruzwa bimwe na bimwe rwakuraga mu Burusiya na Ukraine.

Asanga ibi bizarufasha kwirinda  ingaruka iriya ntambara izateza cyane cyane ku biciro ku isoko ry’u Rwanda.

Banki nkuru y’u Rwanda kandi yaboneyeho gutangariza Abanyarwanda ko urubuga rw’ikoranabuhanga yise GERERANYA.

Ruriho amakuru ahagije yereka abakiliya ba serivisi z’imari uko ibigo bizitanga bikora bityo bakagira amahitamo y’ikigo bagana.

Guverineri Rwangombwa asanga u Rwanda rugomba gushaka isoko u Rwanda rwahahiramo ibicuruzwa bimwe na bimwe rwakuraga mu Burusiya na Ukraine.

Rwashyizweho mu rwego rwo gufasha abaguzi ba serivisi z’imari kugira amahitamo.

Guverineri wungirije wa Banki nkuru y’u Rwanda Soraya Hakuziyaremye avuga ko iriya serivizi izagira uruhare mu kugabanya ikiguzi cya serivise z’imari.

Guverineri wungirije wa Banki nkuru y’u Rwanda Soraya Hakuziyaremye

BNR yagangaje ko bitewe na politiki zitandukanye zigenga urwego rw’imari, ibigo bitandukanye bikora muri  uru rwego biri kunguka.

Urwego rw’amabanki rwazamutse ku gipimo cya 17.5% by’umutungo wabyo ugera kuri miliyali 5,064 uvuye kuri miliyali 4311 mu mwaka wa 2020.

Ibigo by’imari nto n’iciriritse rwazamutse ku gipimo cya 18.3% umutungo wabyo ugera kuri miliyali 421 uvuye kuri miliyali 357 mu mwaka wa 2020.

Abari bitabiriye kiriya kiganiro
TAGGED:AmafarangaBankifeaturedImariRwangombwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyagatare: Ubwanikiro Bw’Ibigori Bwagabanyije Igihombo Cyaterwaga N’Uruhumbu
Next Article Uko Igwingira Mu Bana Baba Mu Nkambi Ya Mahama Ryifashe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?