Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Ruherutse Guha Zimbabwe Toni 1,000 Z’Ibigori
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruherutse Guha Zimbabwe Toni 1,000 Z’Ibigori

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 July 2024 4:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Rubinyujije muri Ambasade yarwo i Harare, u Rwanda ruherutse guha Zimbabwe toni 1,000 z’ibigori ngo igaburire abaturage bayo bagizweho ingaruka n’ikiza cyatewe n’imihindagurikire y’ikirere kitwa El Nino.

Ubwo ubuyobozi bw’iki gihugu bwifatanyaga n’Abanyarwanda kwizihiza kubohorwa kwarwo mu muhango wabaye taliki 11, Nyakanga, 2024 nibwo Minisitiri wa Zimbabwe ushinzwe ububanyi n’amahanga n’ubuhahirane witwa Frederick Shava yashimiye Perezida Kagame kuko yabibutse nk’abavandimwe bari bashonje.

Shava yavuze ko Zimbabwe izahora izirikana iyo neza yagiriwe.

Yagize ati: “Mu gihe turi kwizihiza uyu munsi, nababwira ko hari toni 1,000 z’ibigori zije muri Zimbabwe zivuye i Kigali”.

Abari aho bakomye amashyi menshi!

Shava yunzemo ko Guverinomay a Zimbabwe n’abaturage bayo bose bashimira ineza Kagame n’Abanyarwanda babagiriye, avuga ko ari ibigaragaza ubuntu bw’Abanyarwanda.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zimbabwe Amb James Musoni yavuze ko ubwo Perezida wa Zimbabwe yabwiraga mugenzi we w’u Rwanda ko abaturage be bashonjeshejwe n’ingaruka za El Nino undi ntiyazuyaje kumwemerera inkunga.

Umuhango wo kwibohora wabereye muri Zimbabwe witabiriwe n’Abanyarwanda benshi ndetse n’inshuti zabo zo muri iki gihugu.

Hari abayobozi benshi ba Zimbabwe biganjemo abo mu ishyaka riri ku butegetsi.

Ubufatanye bw’u Rwanda na Zimbabwe bumaze iminsi bugaragarira no mu gufatanya mu rwego rw’uburezi kuko ubu hari abarimu bo muri iki gihugu bamaze hafi imyaka itatu mu Rwanda bigisha bagenzi babo Icyongereza cyo ku rwego rwo hejuru.

Ifoto@The New Times

TAGGED:featuredIbigoriIcyongerezaMusoniRwandaZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngororero: Ingo 24,000 Zigiye Kuzahabwa Amashanyarazi
Next Article Huye:  Bamwe Mu Bavugwagaho Uruhare Mu Rupfu Rw’Abaguye Mu Kirombe Barekuwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

PM Nsengiyumva Ashima Ko Ubukucuzi Bw’Amabuye Y’Agaciro Bwahaye Akazi Abantu 92,000

Bidatinze U Rwanda Ruratangira Gukoresha Ifaranga Koranabuhanga- BNR

Putin Arahura N’Umujyanama Wa Trump Bongere Kuganira Kuri Ukraine

Ikibazo Cy’Abarobyi Ba DRC Bambuwe Ibikoresho N’Ingabo Za Angola Kirahangayikishije

Murigande Muri Sena, Kayitesi Muri MINAFFET,…Impinduka Muri Guverinoma Y’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

You Might Also Like

Ubukungu

BNR Ivuga Ko Ubukungu Bw’u Rwanda Bukomeje Guhagarara Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

RBC Iributsa Urubyiruko Kwisuzumisha Rukamenya Uko Ruhagaze Ku Bwandu Bwa SIDA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubutabera

Ruhango: Urwego Rw’Umuvunyi Rwasanze Mu Miryango Higanje Ibibazo By’Izungura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubuzima

Mu Rwanda Kurwara Amenyo Ni Ikibazo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?