Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Ruherutse Kuganira N’Uburundi Ku Mubano Wabyo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruherutse Kuganira N’Uburundi Ku Mubano Wabyo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 March 2025 4:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Ntara ya Kirundo mu Burundi haherutse guhurira abayobozi mu nzego z’umutekano n’ububanyi n’amahanga mu Rwanda no mu Burundi baganira uko umubano hagati ya Kigali na Gitega wakongera kunoga.

Amakuru avuga ko abayobozi ku mpande zombi bahuye Tariki 10, Werurwe, 2025 bahurira muri Hoteli yitwa Royal North.

Ikinyamakuru cyo mu Burundi kitwa SOS Medias Burundi cyanditse ko iyo nama yabereye mu muhezo, irangira saa kumi z’umugoroba.

Ingingo baganiriyeho ni nyinshi ariko imwe muri zo ni iy’uko Uburundi bwafungura umupaka wabwo n’u Rwanda.

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2024 nibwo ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye bwanzuye ko imipaka yose yo ku butaka igihugu cye gihuriraho n’u Rwanda ifungwa.

Hari nyuma y’uko Uburundi bushinje u Rwanda gufasha umutwe uburwanya ukorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa RED Tabara.

Icyo gihe u Rwanda rwarabihakanye ruvuga ko ntaho ruhuriye nabyo.

Uko igihe cyatambukaga niko umubano wakomezaga kuba mubi.

Hari ubwo Perezida Ndayishimiye yagiye muri DRC abwira abanyeshuri bo muri za Kaminuza z’aho ko yiteguye gufasha urubyiruko guhirika ubuyobozi bw’u Rwanda.

Umubano w’u Rwanda n’Uburundi waje kuzamba kurushaho ubwo ingabo zabwo zatangiraga gukorana na FDLR mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Byanavugwaga ko abayobozi bakuru ba FDLR bakorera inama mu Burundi bakanagira imitungo i Bujumbura.

Kuva mu mpera za Mutarama 2025, Perezida w’Uburundi yatangaje ko igihugu cye kiteguye guhangana n’u Rwanda mu buryo bwa gisirikare ariko aza guhindura imvugo rwagati muri Gashyantare, 2025.

Yayihinduye nyuma yo kuganira nabo yise inshuti z’u Rwanda.

Hagati aho ariko, hari ubwo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Amb. Olivier Nduhungirehe  yatangaje ko Abanyarwanda n’Abarundi ari abavandimwe, bityo ko bakwiye gucoca amakimbirane bafitanye.

Minisitiri Nduhungirehe yatanze ubu butumwa nyuma y’amezi abiri yari ashize ahuriye na mugenzi we w’u Burundi, Albert Shingiro, muri Zanzibar, aho bemeranyije ko ibihugu byombi bizaganira ku buryo byakwiyunga; bidasabye umuhuza.

Abadipolomate muri rusange bemera ko nta mwanzi w’iteka ryose cyangwa inshuti y’ibihe byose, byose biterwa n’igihari.

#Kirundo : les renseignements civils et militaires burundais et rwandais se sont rencontrés ce lundi au chef-lieu de la province #Kirundo (Nord du #Burundi), non loin de la frontière Est du #Rwanda. Cette rencontre, qui s’est tenue à huis clos, a commencé vers 10h du matin pour…

— SOS Médias Burundi (@SOSMediasBDI) March 10, 2025

TAGGED:BurundifeaturedRwandaUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kamonyi: Ikigo Nderabuzima Cya Musambira Cyahiye
Next Article I&M Bank Plc Irishimira Inyungu Yagize Mu Mwaka Wa 2024
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?