Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Ruranoza Ikoranabuhanga Mu Butabera- Me Nkundabarashi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Ruranoza Ikoranabuhanga Mu Butabera- Me Nkundabarashi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2024 7:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Moïse Nkundabarashi uyobora Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda avuga ko kuba u Rwanda rwarashyizeho ikoranabuhanga mu rwego rw’ubutabera byagize akamaro ariko ko muri iki gihe riri kunozwa.

Avuga ko ryafashije byinshi kuko ryoroheje uburyo bwo gukora amadosiye.

Nkundabarashi avuga ko mbere habagaho ikibazo cy’abantu batumaga dosiye zibura, ndetse ngo ibyo bikaba byarabaga bifitanye isano na ruswa.

Icyakora muri iki gihe ibyo ntishoboka kubera ko ikoranabuhanga ryaje gukemura icyo kibazo.

Ati: “ Ubu dosiye y’umuntu iba iri muri sisiteme kandi umuntu wese uyinjiyemo ushobora kugira icyo akora akayihinduraho tuba dushobora kumubona”.

Me Moïse Nkundabarashi yatangaje ko iyo sisiteme iri kuvugururwa ku buryo bizageza aho abantu bazajya baburana batavuye aho bari.

Yemeza ko ibyo bizafasha abantu bose bakora mu butabera gukoresha ubushobozi buringaniye, ntibibahende kandi inkiko zikazashobora  gutanga ubutabera ku gihe kifuzwa n’abaturarwanda bazigana.

Minisitiri w’ubutabera mu Rwanda Dr. Emmanuel Ugirashebuja avuga ko aho isi igeze, ikoranabuhanga rigomba kwimakazwa mu nzego zose harimo n’ubutabera.

Ibi birihutirwa kubera ko 50% by’abatuye isi bagorwa no kugera ku butabera, bityo ikoranabuhanga rikaba ryaziba icyo cyuho.

Avuga ko gukoresha ikoranabuhanga ari ingenzi kandi bishoboka kubera ko hari n’ibyo u Rwanda rwakoze muri uru rwego kandi byagize akamaro.

Yaba Nkundabarashi yaba Ugirashebuja ibyo byose babivugiye mu Nama mpuzamahanga iri kubera mu Rwanda yitabiriwe n’abakora mu butabera ngo barebere hamwe aho gukoresha ikoranabuhanga bigeze bizamura ireme ryabwo n’umusaruro butanga mu kunga abantu.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaNkundabarashiUbutaberaUgirashebuja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Willy Nyamitwe Yagizwe Ambasaderi W’Uburundi Muri Israel
Next Article Mu Gutera Hagiye Kwibandwa Ku Bishyimbo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?