Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurasaba Afurika Yunze Ubumwe Kudashyigikira SADC Mu Kibazo Cya DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurasaba Afurika Yunze Ubumwe Kudashyigikira SADC Mu Kibazo Cya DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 March 2024 7:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, mu ijwi rya Guverinoma y’u Rwanda, irasaba Ubuyobozi bw’Afurika yunze ubumwe kureka icyemezo ifite cyo gutera inkunga ingabo za SADC zoherejwe muri DRC kuko ibyo zagiyemo bizarushaho kuhatsa umuriro.

Iyi ngingo hamwe n’izindi ikubiye mu itangazo ryasinyweho na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Dr. Vincent Biruta, zikemeza ko abasirikare bagize umutwe wa SADC wiswe SAMIDCR batazatuma Uburasirazuba bwa DRC butekana kandi ko kuba bafasha ihuriro ry’ingabo za DRC ririmo na FDLR na Wazalendo ryiyemeje kurimbura Abatutsi bo muri kiriya gihugu bavuga Ikinyarwanda nabyo bidakwiye.

Ububanyi n’amahanga bw’u Rwanda buvuga ko kuba kuri uyu wa Mbere taliki 04, Werurwe, 2024 hari inama yatumijwe n’Umuryango w’Afurika yunze ubumwe ngo iganire k’ugutera inkunga SAMIDRC u Rwanda rukayihezwamo, bidakwiye.

Iyo nama igamije kwigirwamo uko izo ngabo zaterwa inkunga  no kwemerwa ku mugaragaro n’uyu Muryango ko ibyo zagiye gukorera yo ubyemera kandi uzabitera inkunga.

U Rwanda ruvuga ko n’ubwo rutatumiwe, ariko abari muri yo nama bakwiye gusuzuma ibyo rwifuza ko byakwigwaho kubera uburemere bwabyo.

Ruvuga ko kohereza abasirikare ba SADC muri kiriya gihugu bigakorwa basimbuye aba EAC byakozwe nabi, ko bitari bikwiye .

Ngo ntibyari bikwiye kubera ko izi ngabo zaje mu Burasirazuba bwa DRC kurwanya M23 kandi atari yo gusa ihateje umutekano muke cyane cyane ko yo igizwe n’abaturage basanzwe ari ab’iki gihugu.

Kuba abo basirikare barwana ku ruhande rw’ingabo za DRC kandi zisanzwe zikorana na FDLR na Wazalendo ni ingingo u Rwanda ruvuga ko iruhangayikishije kuko yaba FDLR yaba na WAZALENDO bose bafite umugambi wo kwica abavuga Ikinyarwanda.

Hiyongeraho ko n’ubuyobozi bwa DRC n’ubw’Uburundi bwamaze gutangaza ko bufite gahunda yo gutera u Rwanda, bugakuraho ubutegetsi.

Mu itangazo rya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda harimo ko kuba abasirikare ba SADC bagize SAMIDRC barazanywe no kurwana intambara yeruye, bizakoma mu nkokora ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yari yarasinyiwe i Luanda muri Angola n’i Nairobi muri Kenya.

Mu bika by’iri tangazo handitsemo ko Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika ukwiye kuzirikana ko FDLR yashibutse ku bantu basize bakoze Jenoside mu Rwanda.

Nyuma y’igihe gito bageze mu Burasirazuba bwa DRC batangiye gutoteza no kwica Abatutsi bo muri kiriya gihugu bavuga Ikinyarwanda.

Icyo gihe mu mwaka wa 1994 DRC yitwaga Zaïre.

U Rwanda rwibutsa Afurika yunze ubumwe ko mu mwaka wa 2013 ubwo ingabo za SADC zajyaga muri DRC, zibasiye M23 gusa icyo gihe nabwo FDLR yaracaga ibintu.

Kuba Abakuru b’Uburundi na DRC baratangaje ko bashaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda ngo byaruhaye guhora rufatana uburemere ibibera mu Burasizuba bwa DRC kandi ngo ibi bifite ishingiro kubera ko hari imitwe y’abarwanyi iri ku butaka bw’ibi bihugu.

Kubera impamvu zose zavuzwe haruguru, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda isaba Afurika yunze ubumwe kwirinda kugwa mu ikosa ryo gufasha SAMIDRC kuko bizarushaho kwatsa umuriro mu Burasirazuba bwa DRC.

Igira inama Akanama k’uyu Muryango gashinzwe amahoro kuzohereza abantu bako bakaza kureba uko ibintu byifashe mu Karere bityo hagafatwa icyemezo gishingiye ku makuru avanywe aho ibintu bibera.

UPDATE: Rwanda protests AU meeting held today to discuss eastern DR Congo conflict without Kigali's involvement pic.twitter.com/ZfOXYg8khg

— The Chronicles (@ChroniclesRW) March 4, 2024

TAGGED:AfurikaBirutafeaturedIngaboM23SADCSAMIDRCUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikibazo Cy’Umubyibuho Ukabije Mu Banyarwandakazi
Next Article Abanyeshuri B’i Nyanza Barigaragambije Barabizira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?