Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurasaba Uburundi Kutagira Umunyarwanda Buhutaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurasaba Uburundi Kutagira Umunyarwanda Buhutaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 January 2024 8:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko u Rwanda rutazirukana Umurundi uwo ari wese ahubwo ko rumuhumuriza rukamubwira ko afite kwishyira akizana, akaryama agasinzira. Icyakora asaba Uburundi kwirinda kuzagira Umunyarwanda buhutaza.

Abivuze nyuma y’uko Uburundi bwo bufunze umupaka wabwo n’u Rwanda, bugategeka Abanyarwanda bose bari ku butaka bwabwo gutaha.

Minisitiri w’Umutekano mu Burundi, Martin Niteretse yaraye ashimangiye ko nta Munyarwanda bakeneye ku butaka bw’iki gihugu nk’uko ikinyamakuru SOS Medias Burundi cyabitangaje.

Yagize ati: “Imipaka yose irafunzwe. Ntabwo dukeneye Abanyarwanda ku butaka bw’Uburundi, ndetse n’abari bahari twabafashe tubirukana ku butaka bw’u Burundi.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ku ruhande rw’u Rwanda, Guverinoma ivuga ko nta Murundi uzagirirwa nabi, ndetse ngo n’ushaka kuza mu Rwanda avuye mu Burundi ahawe ikaze.

Icyakora u Rwanda rwasabye Uburundi kudahutaza Abanyarwanda bubashushubikanya ngo batahe iwabo.

Mukuralinda yabwiye RBA ati: “ Uburundi bukore k’uburyo nta Munyarwanda uhohoterwa, ngo agirirwe nabi. Bumugeze ku mupaka atahe amahoro adahohotewe.”

Hagati aho mu Burundi, bisa n’aho hari Politiki yo gusubiza abanyamahanga iwabo.

Bikubiye mubyo Minisitiri w’Umutekano mu Burundi, Martin Niteretse aherutse gutangaza ko ba Guverineri b’Intara zose bamuha raporo y’abanyamahanga batuye ku butaka bw’u Burundi.

- Advertisement -

Yavuze ko Abarundi bagomba gukurikirana bakamenya ‘umunyamahanga wese’ uri ku butaka bw’Uburundi kugira ngo hatagira ubugendaho batazi ‘ihabari yiye’, ni ukuvuga amakuru ye.

Abo yashyize mu majwi mu buryo butaziguye ni Abamasayi.

TAGGED:AbanyarwandaAbarundiBurundifeaturedMukuralindaNiteretse
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FERWACY Yasinye Amasezerano N’Ibigo Bizayifasha Gutegura Irushanwa Ry’Isi
Next Article Ingabo Z’u Rwanda Zeretse Iz’Amahanga Uko Igisoro Gikinwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?