Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurasaba Uburundi Kutagira Umunyarwanda Buhutaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurasaba Uburundi Kutagira Umunyarwanda Buhutaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 January 2024 8:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko u Rwanda rutazirukana Umurundi uwo ari wese ahubwo ko rumuhumuriza rukamubwira ko afite kwishyira akizana, akaryama agasinzira. Icyakora asaba Uburundi kwirinda kuzagira Umunyarwanda buhutaza.

Abivuze nyuma y’uko Uburundi bwo bufunze umupaka wabwo n’u Rwanda, bugategeka Abanyarwanda bose bari ku butaka bwabwo gutaha.

Minisitiri w’Umutekano mu Burundi, Martin Niteretse yaraye ashimangiye ko nta Munyarwanda bakeneye ku butaka bw’iki gihugu nk’uko ikinyamakuru SOS Medias Burundi cyabitangaje.

Yagize ati: “Imipaka yose irafunzwe. Ntabwo dukeneye Abanyarwanda ku butaka bw’Uburundi, ndetse n’abari bahari twabafashe tubirukana ku butaka bw’u Burundi.”

Ku ruhande rw’u Rwanda, Guverinoma ivuga ko nta Murundi uzagirirwa nabi, ndetse ngo n’ushaka kuza mu Rwanda avuye mu Burundi ahawe ikaze.

Icyakora u Rwanda rwasabye Uburundi kudahutaza Abanyarwanda bubashushubikanya ngo batahe iwabo.

Mukuralinda yabwiye RBA ati: “ Uburundi bukore k’uburyo nta Munyarwanda uhohoterwa, ngo agirirwe nabi. Bumugeze ku mupaka atahe amahoro adahohotewe.”

Hagati aho mu Burundi, bisa n’aho hari Politiki yo gusubiza abanyamahanga iwabo.

Bikubiye mubyo Minisitiri w’Umutekano mu Burundi, Martin Niteretse aherutse gutangaza ko ba Guverineri b’Intara zose bamuha raporo y’abanyamahanga batuye ku butaka bw’u Burundi.

Yavuze ko Abarundi bagomba gukurikirana bakamenya ‘umunyamahanga wese’ uri ku butaka bw’Uburundi kugira ngo hatagira ubugendaho batazi ‘ihabari yiye’, ni ukuvuga amakuru ye.

Abo yashyize mu majwi mu buryo butaziguye ni Abamasayi.

TAGGED:AbanyarwandaAbarundiBurundifeaturedMukuralindaNiteretse
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FERWACY Yasinye Amasezerano N’Ibigo Bizayifasha Gutegura Irushanwa Ry’Isi
Next Article Ingabo Z’u Rwanda Zeretse Iz’Amahanga Uko Igisoro Gikinwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?