Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurateganya Kubaka Uruganda Rukora Ibirahure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rurateganya Kubaka Uruganda Rukora Ibirahure

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 July 2024 7:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nk’urwego rwa Politiki rumaze igihe ruyobora u Rwanda kandi rufite icyizere cy’uko ruzabikomeza, FPR-Inkotanyi iteganya ko mu myaka itanu iri imbere izubaka uruganda rukora ibirahure bikoreshwa mu bwubatsi n’ibikoreshwa mu gupfunyika ibisukika cyangwa binywerwamo.

Intego ni ukugabanya ibyo rutumiza hanze bikarutwara amafaranga y’amadovize yashoboraga kugurwa ibindi rukeneye.

Taliki 15, Nyakanga, 2024 nibwo Abanyarwanda baba mu Rwanda( kandi nibo benshi) bazatora umukandida ku mwanya wa Perezida n’Abakandida Depite batanzwe n’amashyaka ya Politiki atandukanye harimo n’Umuryango FPR-Inkotanyi.

Umukandida w’uyu muryango ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ni Paul Kagame.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Aho ageze yiyamamaza, asanga abantu batari munsi ya 200,000 bamutegereje ngo bumve uko yiyamamaza kandi uko agize icyo abasezeranya, bamusubiza ko nta n’ikindi bamuburanye bityo ko bamwizeye.

Natorwa mu matora asigaje iminsi mike ngo abe, Kagame azaba ahawe ikindi gihe cy’imyaka itanu( 2024-2029) ngo ayobore u Rwanda, ashyire mu bikorwa ibikubiye mu migambi FPR-Inkotanyi yateguye.

Ku byerekeye ibirahure biteganyijwe gutangira gukorerwa mu Rwanda, ku rundi ruhande hari hasanzwe haboneka ibirahure bikorwamo amacupa y’amazi n’ibyo banywesha inzoga zisanzwe cyangwa ibyotsi( liquors).

Abacuruza inzoga n’abandi bakoresha ibirahure mu bundi buryo binubira ko iyo ikirahure kimenetse bigoranaga ko haboneka ikindi kigisimbura mu buryo bwihuse kuko, nk’uko byumvikana, bisaba ko ibyatumijwe hanze bibanza kugera mu Rwanda.

Ibyo kandi bigendana n’igiciro cy’ubwikorezi n’imisoro igendana nabwo.

- Advertisement -

Umwe muri ba rwiyemezamirimo uyobora uruganda rukora ikigage witwa Munyampundu yabwiye bagenzi bacu ba The New Times ko ubusanzwe ikirahure gito kigura Frw 300, ikinini kikagura Frw 500.

Ibirahure u Rwanda rukoresha rubitumiza muri Kenya, Ubuhinde n’Ubushinwa.

Kuba bitumizwa hanze mu madolari y’Amerika($), bituma hari amadovize u Rwanda rurekura bityo bikanagira ingaruka ku itakara ry’agaciro k’ifaranga ryarwo ( Frw).

Hari raporo igaragaza uko u Rwanda ruteganya guhangana n’ikibazo cy’ibura ry’ibirahure yo mu Ugushyingo, 2022.

Iyi yerekana ko guhera muri uwo mwaka kuzamura, umubare w’abashakaga ibirahure byo gukoresha mu gupfunyika ibinyobwa cyangwa mu kubaka wiyongereye.

Impamvu ni uko inzego zishinzwe ubuziranenge zabasaga ko ibyo bacuruza biba bipfunyitse mu birahure aho kuba muri palasitiki( plastique) kuko u Rwanda rushaka guca iki gikoresho kitabora.

Muri iyo raporo yo muri Minisiteri y’ubucuruzi hagaragaramo ko mu mwaka wa 2021 u Rwanda rwatumije hanze toni 18,501 z’ibirahure.

Bivuze ko ibirahure byose rukenera mu gupfunyika ibinyobwa cyangwa mu kubaka rubitumiza hanze ku kigero cya 100%.

Mu rwego rwo kwirinda ko ibyo byakomeza, FPR-Inkotanyi isezeranya Abanyarwanda ko muri  manda itaha(2024-2029) mu Rwanda hazubakwa uruganda rukora ibirahure.

N’ikimenyimenyi, ikigo cy’igihugu gishinzwe Mine, Petelori na Gazi kigeze gusohora inyigo yerekana ko u Rwanda rufite umusenyi uhagije kandi ufite ikinyabutabire bita silica(SiO₂)  gihagije ku buryo wavamo ibirahure by’agaciro kanini.

FPR kandi isezeranya ko izubaka n’izindi nganda zirimo izikora imyenda n’izindi zitandukanye zirimo n’urutunganya impu ngo zikorwemo inkweto, imikandara, ingofero n’ibindi.

TAGGED:AmatorafeaturedFPRIbirahureIngandaInkotanyiKagameUbucuruziUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuyobora Abanyarwanda Ntako Bisa-Kagame
Next Article Bufaransa: Agahinda Ka Marine Le Pen Kabaye Ibyishimo Bya Macron
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?