Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Igikomangoma Cy’u Bwongereza Harry Arashinja Mukuru We Kumukubita
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Igikomangoma Cy’u Bwongereza Harry Arashinja Mukuru We Kumukubita

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 January 2023 9:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Igikomangoma Harry aherutse gusohora igitabo ashinjamo mukuru we igikomangoma William gushaka kumukubita. Abivuga mu gitabo yise Spare ari hafi gusohora.

Harry yabwiye The Guardian ko mu mwaka wa 2019 yasagariwe na mukuru William ubwo baganiraga bakagira icyo batemeranyaho.

Icyo gihe ngo mukuru we yise umugore we[wa Harry] witwa Meghan Markle ko ari intumva, indakoreka kandi yikuza.

Nyuma ngo yamukubise rugondihene amutura hasi.

Harry yabwiye The Guardian ati: “Yankubise hasi ankandagira ku gakanu ndetse nagwiriye ibumba imbwa yanjye yariragaho rirankomeretsa.”

Icyakora ngo mukuru we yaje kwicuza ibyo akoze amusaba imbabazi.

Yaramubwiye ati: “ Ibi bibaye ntuzabibwira Meg…”

Ubwo yavugaga Meghan Markle.

Ibivugwa hagati y’aba bavandimwe bitangajwe mbere y’uko Se yimikwa ku mugaragaro mu muhango uteganyijwe muri Gicurasi, 2022.

Umwami Charles  yimwe asimbuye Nyina Elisabeth II watabarutse muri Nzeri, 2022.

Harry n’umugore we Meghan mu mwaka wa 2020 bafashe umwanzuro wo kuva ibwami bajya kwibera muri  Leta ya California.

Baherutse gusohora filimi zica Netflix batangajemo ko bahisemo kuva ibwami banga gukomeza kwibasirwa n’itangazamakuru ry’u Bwongereza kandi ngo ibyo iri tangazamakuru ryakoraga ryabaga ribishyigikiwemo n’ubwami.

Ibibazo hagati y’ibi bikomangoma biri mu byababaje umwamikazi w’u Bwongereza, Elisabeth II ubwo yari akiriho.

Bishobora no kuzakomeza kugira ingaruka ku miyoborere y’ubwami bw’u Bwongereza  mu gihe kirekire kiri imbere.

TAGGED:BwongerezafeaturedUmwamiUmwamikazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafite Imitungo Itimukanwa Bongerewe Ukwezi Ko Gusora
Next Article Tanzania Yirukanye Uwari Uyihagarariye Muri UN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Yabyariye Mu Modoka Y’Abagenzi Ijya Rubavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?