Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Ruri Kuzamura Umubare W’Abaganga Babaga-Min Nsanzimana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

U Rwanda Ruri Kuzamura Umubare W’Abaganga Babaga-Min Nsanzimana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2025 5:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko umuhati u Rwanda rushyira mu kuvura indwara zitandukanye ari nawo rushyira mu kuzamura umubare w’abaganga babaga.

Nsanzimana yabivugiye imbere ya Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente wari waje gufungura Inama ngari yiga k’ubuvuzi busaba kubaga abarwayi yitwa Pan-African Surgical Conference.

Yavuze ko n’ubwo mu Rwanda hari ubuke bw’abaganga muri rusange, ariko umuhati wo kubongera nawo uhari kandi utazakomwa imbere.

Minisitiri Nsanzimana avuga ko muri rusange abaganga bavura indwara zos muri rusang ari bake, akavuga n’ubwo ari uko bimeze, u Rwanda rwiyemeje gukemura iki kibazo gahoro gahoro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: Ni gahunda dufite kandi si amagambo gusa ahubwo ni ibintu tuzashyira mu bikorwa.

Ikibazo cy’ubuke bw’abaganga babaga kivugwaho kandi n’abaganga bakora uyu mwuga ubwabo.

Umwe muri bo ni Prof. Faustin Ntirenganya, umuganga uyobora Umuryango Nyarwana w’abaganga babaga.

Asanga ubuke bw’abaganga babaga busiga icyuho muri serivisi zihabwa abarwayi, akemeza ko bikwiye gukemurwa.

Ku rundi ruhande, ashima ko hari gahunda zashyizwe kugira ngo iki kibazo gikemuke mu buryo burambye.

- Advertisement -

Avuga ko mu rwego rwo gukemura iki kibazo, Leta ihugura abaganga babaga cyane cyane ababaga ibibari.

Kubaga ibibari ni igikorwa kimaze imyaka gitangijwe na gahunda yiswe Operation Smile.

Ni igikorwa kigamije guha abana bavukanye ibibari amahirwe yo kugira umunwa utabatera ifunwe, bakabagwa umunwa ufite ikibazo ukavurwa.

Kubera ko iki kibazo kiri ku bana benshi, Ntirenganya avuga ko basanze ibyiza ari ugutoza abaganga bo mu Rwanda kubaga ibibari kugira ngo ako kazi katazakomeza kuba ak’abanyamahanga baza gufasha Abanyarwanda.

Ati: “Si byiza ko dukomeza kuroberwa ifi, ahubwo ni byiza ko twigishwa uko irobwa, tukabyikorera.”

Mu rwego rwo gukumira iki kibazo, u Rwanda rwatangiye guhugura abaganga mu buvuzi bubaga.

Minisitiri Nsanzimana yavuze ko rubikora binyuze mu gufasha abantu kwiga ubuvuzi bubaga, kongera ibyumba  bikoreshwa mu kubaga no gushaka ibikoresho bigezweho.

Yasabye abanyeshuri bajya muri za Kaminuza gutangira kwiga ubuvuzi kuko buri mu bintu bitazigera na rimwe bisimburwa n’ubwenge buhangano.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente wari Umushyitsi mukuru muri iyi nama iri ku munsi wayo wa mbere yavuze ko kuba kubaga bigihenze muri Afurika ari ikintu gishyira mu kaga abarwayi benshi mu bayituye .

Ni ikibazo asanga gikwiye gushakirwa umuti urambye, nawe akemeza ko u Rwanda ruri mu nzira nziza yo kugikemura buhoro buhoro.

Ngirente asanga kugira ngo ibi bizashoboke, imikoranire n’abikorera ku giti cyabo ari ngombwa.

Ati: “ u Rwanda rumaze igihe ruzi akamaro ko kubaga abarwayi ngo bakire. Ruzi kandi gahunda y’isi igamije ko abatuye isi babona ubuvuzi bubakwiye. Muri iki gihe turi kureba uko ubuvuzi bubaga bwagera ku baturage bacu benshi, tukabikora binyuze mu guhugura abaganga no guharanira ko iyo serivisi igera kuri benshi mu baturage bacu”.

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iyi nama.

Ngirente ashima abatangije gahunda ya Operation Smile n’abandi bafatanyabikorwa b’u Rwanda mu guha Abanyarwanda serivisi nziza z’ubuzima.

Avuga ko abo bose ari ingenzi mu gutuma ejo hazaza hazaba heza.

Umuyobozi wa Operation Smile ku rwego rw’isi.

Mu Rwanda kugeza ubu habarirwa abaganga 162 babaga kandi imibare igenwa na OMS avuga ko ku mubare w’abantu bangana n’abatuye u Rwanda hagombye byibura kuba hari abaganga 1, 400.

Panafrican Surgical Conference ni inama izaba hagati y’itariki 24 na 28, Gashyantare, 2025.

Hazigirwamo uko kubaga ibibari n’izindi ndwara batezwa imbere, u Rwanda rukazahavugira aho rugeze ruvura abafite iyo ndwara.

TAGGED:AbanyarwandafeaturedIbibariMinisitiriNsanzimanaRwandaUburwayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubudage Bufite Umuyobozi Mushya Udashaka  Gukorana Na Amerika
Next Article Croix Rouge Y’u Rwanda Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ibihe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?