Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwababajwe N’Uko DRC Yirukanye Uruhagarariye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rwababajwe N’Uko DRC Yirukanye Uruhagarariye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 October 2022 1:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo ryaturutse mu Biro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko u Rwanda rwababajwe n’icyemezo Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yafashe cyo kwirukana uwari uruhagarariye i Kinshasa.

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru nibwo  byamenyekanye ko mu Nama idasanzwe yaraye iteraniye mu Biro bya Perezida Tshisekedi yafatiwe umwanzuro w’uko Amb Vincent Karega  wari uhagarariye u Rwanda muri DRC agomba kuba yavuye muri kiriya gihugu bitarenze amasaha 48.

Hagati aho kandi u Rwanda ruvuga ko ibiri kubera muri DRC ruri kubikurikiranira hafi kandi ngo ingabo zarwo ziri maso  ngo zivune umwanzi waza aturutse muri kiriya gihugu.

Itangazo ryo mu Biro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda rivuga kandi ko u Rwanda ruhangayikishijwe n’uko muri DRC hakomeje imvugo y’urwango ku baturage ba nyamuke bavuga Ikinyarwanda batuye muri kiriya gihugu.

Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo itangaza

Ku rundi ruhande, u Rwanda rusaba amahanga kumvisha DRC ko ibibazo ifite ari ibyayo, ko itagomba gukomeza gushaka uwo ibyegekaho kandi igasigaho gukomeza gukorana na FDLR.

Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda bivuga ko u Rwanda rwiteguye gukomeza gukorana n’abandi bose mu rwego rwo gutuma aka Karere  DRC n’u Rwanda biherereyemo gatekana mu buryo burambye.

 

DRC Yirukanye Ambasaderi W’u Rwanda

TAGGED:CongofeaturedGuverinomaM23Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwiswe Ko Yagizwe Adiminisitarateri Wa Rutshuru Avuga Ko Ari Mwarimu i Gatsibo
Next Article Umugabo Wa Nancy Pelosi Bari Bamwicishije Inyundo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?