Kimwe mu byakorewe mu nama iri kubera muri Guinea Conakry yiga ku ikoranabuhanga yiswe Transform Africa Summit ni ubufasha u Rwanda rwahaye iki gihugu mu guhanga ikoranabuhanga rizafasha mu gutunganya amasoko ya Leta.
Perezida Paul Kagame wafunguye iyi nama yavuze ko ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano rikwiye gukora mu nyungu z’abaturage ba Afurika.
Avuga ko Afurika idakwiye gutinya gukoresha ubwenge buhangano kuko ubusanzwe iri koranabuhanga rigira akamaro.
Kagame, usanzwe ari na Perezida w’Inama y’ubutegetsi ya Transform Africa Alliance, asanga mu myaka icumi ishize iri huriro rishinzwe, ryaragize akamaro kanini.
Ni Ikintu avuga ko cyagize akamaro kandi gihuriwemo n’ibihugu 42.
Ati: “Ibyo twiyemeje ubwo twatangiraga uru rugendo n’ubu turacyabihagazeho, kandi hari intambwe ishimishije turi gutera. Tugomba kugendana n’impinduka ziriho.”
Perezida Kagame asanga guhitamo ikoranabuhanga rizafasha Afurika hashingiwe kubyo abayituye bakeneye ari byo bikwiye.
Kagame yavuze ko igihugu ayoboye kizakoresha ubwenge buhangano mu kuzamura ubukungu ku kigero cya 5%.
Mamadi Doumbouya uyobora Guinea Conakry avuga ko ibizigirwa muri iriya nama bihuye n’ibyo yateganyije kuzageza ku gihugu mu myaka 15 iri imbere.
Avuga ko ari byo bizageza abaturage be ku iterambere rikwirakwijwe muri benshi.
Guinea Conakry iherutse gutangiza gahunda bise SIMANDU 2040 yitezweho kuzaba intandaro yo guteza imbere abatuye iki gihugu.


