Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwarekuye Umusirikare Wa Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwarekuye Umusirikare Wa Uganda

admin
Last updated: 23 January 2022 8:34 am
admin
Share
SHARE

Leta y’u Rwanda yarekuye umusirikare wo mu Ngabo zidasanzwe za Uganda (Special Forces Command, SFC), waherukaga gufatirwa ku butaka bwarwo atabifitiye uburenganzira.

Irekurwa rya Private Ronald Arinda ryatangajwe kuri uyu wa Gatandatu na Lieutenant General Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wari mu ruzinduko rw’umunsi umwe mu Rwanda.

Gen Muhoozi yagiranye ikiganiro na Perezida Paul Kagame, cyibanze ku kuzahura umubano w’ibihugu byombi umaze imyaka isaga ine urimo ibibazo.

Yanditse kuri Twitter ati “Ndifuza no gushimira Perezida Paul Kagame wumvise ubusabe bwanjye bwo kurekura umusirikare wacu muri SFC, Private Ronald Arinda, winjiye ku butaka bw’u Rwanda ku mpamvu ze bwite atabifitiye uruhushya. Nasubiranye na we muri Uganda iri joro. Ubucuti bw’ibihugu byacu niburambe.”

I further thank President @PaulKagame for honouring my request to release our SFC soldier, Private Ronald Arinda, who strayed into Rwandan territory on personal business without permission. I returned with him tonight to Uganda. Longlive the friendship of the two countries. pic.twitter.com/Z8vYVGurhT

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) January 22, 2022

Ntabwo imyanzuro yafatiwe mu nama y’aba bayobozi bombi iratangazwa.

Si ubwa mbere abasirikare ba Uganda bafatwa barenze imbibi z’u Rwanda, bagashyikirizwa igihugu cyabo.

Ibi bihugu byombi bifitanye ibibazo byatumye u Rwanda rusaba abaturage barwo kudasubira muri Uganda, kubera uburyo bahohoterwa ndetse bamwe bakahaburira ubuzima.

U Rwanda kandi rushinja Uganda guha icyuho imitwe y’iterabwoba igamije kuruhungabanyiriza umutekano nka RNC, P5, FLN, RUD Urunana, FDLR n’indi, kimwe n’abantu bakora icengezamatwara rigamije guharabika isura yarwo mu mahanga.

 

TAGGED:featuredMuhoozi KainerugabaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuhungu Wa Museveni Gen Muhoozi Yahuye Na Perezida Kagame
Next Article Uwahoze Ari Umusirikare Yafatanywe Urumogi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?