Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwarekuye Umusirikare Wa Uganda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwarekuye Umusirikare Wa Uganda

admin
Last updated: 23 January 2022 8:34 am
admin
Share
SHARE

Leta y’u Rwanda yarekuye umusirikare wo mu Ngabo zidasanzwe za Uganda (Special Forces Command, SFC), waherukaga gufatirwa ku butaka bwarwo atabifitiye uburenganzira.

Irekurwa rya Private Ronald Arinda ryatangajwe kuri uyu wa Gatandatu na Lieutenant General Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wari mu ruzinduko rw’umunsi umwe mu Rwanda.

Gen Muhoozi yagiranye ikiganiro na Perezida Paul Kagame, cyibanze ku kuzahura umubano w’ibihugu byombi umaze imyaka isaga ine urimo ibibazo.

Yanditse kuri Twitter ati “Ndifuza no gushimira Perezida Paul Kagame wumvise ubusabe bwanjye bwo kurekura umusirikare wacu muri SFC, Private Ronald Arinda, winjiye ku butaka bw’u Rwanda ku mpamvu ze bwite atabifitiye uruhushya. Nasubiranye na we muri Uganda iri joro. Ubucuti bw’ibihugu byacu niburambe.”

I further thank President @PaulKagame for honouring my request to release our SFC soldier, Private Ronald Arinda, who strayed into Rwandan territory on personal business without permission. I returned with him tonight to Uganda. Longlive the friendship of the two countries. pic.twitter.com/Z8vYVGurhT

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) January 22, 2022

Ntabwo imyanzuro yafatiwe mu nama y’aba bayobozi bombi iratangazwa.

Si ubwa mbere abasirikare ba Uganda bafatwa barenze imbibi z’u Rwanda, bagashyikirizwa igihugu cyabo.

Ibi bihugu byombi bifitanye ibibazo byatumye u Rwanda rusaba abaturage barwo kudasubira muri Uganda, kubera uburyo bahohoterwa ndetse bamwe bakahaburira ubuzima.

U Rwanda kandi rushinja Uganda guha icyuho imitwe y’iterabwoba igamije kuruhungabanyiriza umutekano nka RNC, P5, FLN, RUD Urunana, FDLR n’indi, kimwe n’abantu bakora icengezamatwara rigamije guharabika isura yarwo mu mahanga.

 

TAGGED:featuredMuhoozi KainerugabaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuhungu Wa Museveni Gen Muhoozi Yahuye Na Perezida Kagame
Next Article Uwahoze Ari Umusirikare Yafatanywe Urumogi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?