Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwasabye Tanzania Abarimu b’Igiswahili
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwasabye Tanzania Abarimu b’Igiswahili

admin
Last updated: 03 August 2021 4:55 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yasabye mugenzi we wa Tanzania Samia Suluhu umusanzu w’abarimu b’Igiswahili, nk’ururimi rukoreshwa n’abantu benshi muri aka karere harimo n’Abanyarwanda.

Kuri uyu wa Mbere Perezida Samia yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda. Yakiriwe ku meza na Perezida Kagame mu birori byabereye muri Kigali Convention Centre.

Perezida Kagame yavuze ko yishimiye kuba Samia yabashije gusura u Rwanda, ndetse ko n’Abanyarwanda bose bishimiye uru ruzinduko.

Yavuze ko rushingiye ku bucuti bumaze igihe n’umubano w’amateka hagati y’ibihugu byombi n’abaturage babyo.

Ati “Tanzania n’u Rwanda bihurira ku bintu byinshi birimo umuco, ururimi n’ubucuruzi. Abantu bacu mwabonye ko bakomeje kugerageza kuvuga Igiswahili, ndatekereza ko hari intambwe nziza irimo guterwa kandi Guverinoma yacu yiyemeje gutangira kwingisha Igiswahili mu mashuri.”

“Nyakubahwa Perezida, ndasaba ko waduha umusanzu w’abarimu n’abandi bo kutwigisha Igiswahili. Turagikunda, turacyishimira kandi gihuza abantu, by’umwihariko abantu bo muri Afurika y’Iburasirazuba.”

Perezida Kagame yanavuze ko ibihugu byombi bisangiye ubushake bwo kwihutisha iterambere n’imibereho y’abaturage, kandi byifuza gukomeza gukorera hamwe mu guteza imbere Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba no kwimakaza ukwishyira hamwe kw’akarere na Afurikamuri rusange.

Yavuze ko Afurika y’Iburasirazuba yakomeje kuba amarembo aganisha ku burumbuke muri Afurika, hakaba hari amahirwe menshi kandi abaturage bafite impano zatuma bagera ku byo bifuza.

Ati “Inshingano zacu ni ukorohereza no gushora imari muri aya mahirwe kugira ngo twese hamwe tubashe kugira ituze n’imibereho myiza y’abaturage bacu n’akarere.”

Mu mwaka wa 2017 nibwo Inteko ishinga amategeko mu Rwanda yatoye itegeko ngenga rishyiraho Igiswahili nk’ururimi rwemewe mu butegetsi.

Guhera icyo gihe byemejwe ko ururimi rw’igihugu ari Ikinyarwanda, indimi zikoreshwa mu butegetsi zikaba Ikinyarwanda, Igifaransa, Icyongereza n’Igiswahili.

Bibarwa ko uru rurimi mu karere ruvugwa n’abantu bagera muri miliyoni 100.

Perezida Samia yishimiye uko yakiriwe mu Rwanda
Perezida Kagame yakiriye mugenzi we Samia muri Kigali Convention Centre

TAGGED:featuredIgiswahiliPaul KagameSamia Suluhu Hassan
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Na Perezida Suluhu Basuye Uruganda Rw’Inyange
Next Article Imikoranire Ya RwandAir Na Qatar Airways Yafashe Indi Ntera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?