Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwasinye Amasezerano Aruhesha Miliyoni $200 Zo Gushyira Mu Mishinga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rwasinye Amasezerano Aruhesha Miliyoni $200 Zo Gushyira Mu Mishinga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 June 2024 10:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana,  mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda,  yashyize umukono ku masezerano ya miliyoni $200 u Rwanda ruzahabwa na Banki Nyafurika itsura Amajyambere, BAD, yo gushora mu mishinga migari y’iterambere.

Uyavunje mu mafaranga y’u Rwanda usanga angana na miliyari Frw 260.

Amafaranga ya BAD azahabwa u Rwanda abanje gucishwa muri Banki  y’Abanyamerika yitwa JPMorgan Chase.

Ayo masezerano yashyizweho umukono kandi na Solomon Quaynor, akaba Visi Perezida muri Banki Nyafurika itsura Amajyambere ushinzwe guteza imbere abikorera ku giti cyabo no guteza imbere ibikorwa remezo.

Muri Mata, 2024,  Banki ya JP Morgan Chase yagiranye amasezerano na Banki Nyafurika  ishinzwe gutsura Amajyambere ngo barushaho gukorana mu by’ubucuruzi, guteza imbere urwego rw’abikorera ku giti cyabo n’indi mishinga migari Banki zombi zakungukiramo.

Banki Nyafurika ishinzwe gutsura Amajyambere ivuga ko imwe mu nkingi zayo ari uguteza imbere urwego rw’ishoramari rirambye binyuze mu gufasha amafaranga y’ibihugu kudata agaciro ahubwo ibyo bihugu bikagira ubukungu buzamuka.

U Rwanda ruri mu bihugu byahawe amafaranga ngo uwo mugambi ugerweho.

Mu minsi ishize i Nairobi muri Kenya habereye inama yahuje ubuyobozi bukuru bwa Banki Nyafurika ishinzwe gutsura Amajyambere n’Abakuru b’ibihugu by’Afurika baganira uko Afurika yarushaho gutera imbere binyuze mu mishinga migari ibihugu byayo byishyiriyeho.

Ni inama bise AfDB Annual Meeting 2024.

U Rwanda rwahavuye rusinyanye n’ikigega cyo muri Kuwait andi masezerano ya miliyoni $ 20 ruzashora mu kubaka no kuzuza neza icyaha cyahariwe guhanga udushya mu ikoranabuhanga kitwa Kigali Innovation City.

Ayo mafaranga kandi azafasha mu gusana no kwagura umuhanda Muhanga-Nyange.

TAGGED:featuredIshoramariMinisitiriNdagijimanaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Miliyoni Frw 7 Niko Gaciro K’Ibiherutse Gukongokera muri MAGERWA Ya Cyanika
Next Article Amerika Yatangaje Umugambi Wa Israel Ngo Intambara Ya Gaza Ihagarare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?