Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwasinye Amasezerano Aruhesha Miliyoni $200 Zo Gushyira Mu Mishinga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rwasinye Amasezerano Aruhesha Miliyoni $200 Zo Gushyira Mu Mishinga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 June 2024 10:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana,  mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda,  yashyize umukono ku masezerano ya miliyoni $200 u Rwanda ruzahabwa na Banki Nyafurika itsura Amajyambere, BAD, yo gushora mu mishinga migari y’iterambere.

Uyavunje mu mafaranga y’u Rwanda usanga angana na miliyari Frw 260.

Amafaranga ya BAD azahabwa u Rwanda abanje gucishwa muri Banki  y’Abanyamerika yitwa JPMorgan Chase.

Ayo masezerano yashyizweho umukono kandi na Solomon Quaynor, akaba Visi Perezida muri Banki Nyafurika itsura Amajyambere ushinzwe guteza imbere abikorera ku giti cyabo no guteza imbere ibikorwa remezo.

Muri Mata, 2024,  Banki ya JP Morgan Chase yagiranye amasezerano na Banki Nyafurika  ishinzwe gutsura Amajyambere ngo barushaho gukorana mu by’ubucuruzi, guteza imbere urwego rw’abikorera ku giti cyabo n’indi mishinga migari Banki zombi zakungukiramo.

Banki Nyafurika ishinzwe gutsura Amajyambere ivuga ko imwe mu nkingi zayo ari uguteza imbere urwego rw’ishoramari rirambye binyuze mu gufasha amafaranga y’ibihugu kudata agaciro ahubwo ibyo bihugu bikagira ubukungu buzamuka.

U Rwanda ruri mu bihugu byahawe amafaranga ngo uwo mugambi ugerweho.

Mu minsi ishize i Nairobi muri Kenya habereye inama yahuje ubuyobozi bukuru bwa Banki Nyafurika ishinzwe gutsura Amajyambere n’Abakuru b’ibihugu by’Afurika baganira uko Afurika yarushaho gutera imbere binyuze mu mishinga migari ibihugu byayo byishyiriyeho.

Ni inama bise AfDB Annual Meeting 2024.

U Rwanda rwahavuye rusinyanye n’ikigega cyo muri Kuwait andi masezerano ya miliyoni $ 20 ruzashora mu kubaka no kuzuza neza icyaha cyahariwe guhanga udushya mu ikoranabuhanga kitwa Kigali Innovation City.

Ayo mafaranga kandi azafasha mu gusana no kwagura umuhanda Muhanga-Nyange.

TAGGED:featuredIshoramariMinisitiriNdagijimanaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Miliyoni Frw 7 Niko Gaciro K’Ibiherutse Gukongokera muri MAGERWA Ya Cyanika
Next Article Amerika Yatangaje Umugambi Wa Israel Ngo Intambara Ya Gaza Ihagarare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?