Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwasinye Amasezerano Aruhesha Miliyoni $200 Zo Gushyira Mu Mishinga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rwasinye Amasezerano Aruhesha Miliyoni $200 Zo Gushyira Mu Mishinga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 June 2024 10:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana,  mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda,  yashyize umukono ku masezerano ya miliyoni $200 u Rwanda ruzahabwa na Banki Nyafurika itsura Amajyambere, BAD, yo gushora mu mishinga migari y’iterambere.

Uyavunje mu mafaranga y’u Rwanda usanga angana na miliyari Frw 260.

Amafaranga ya BAD azahabwa u Rwanda abanje gucishwa muri Banki  y’Abanyamerika yitwa JPMorgan Chase.

Ayo masezerano yashyizweho umukono kandi na Solomon Quaynor, akaba Visi Perezida muri Banki Nyafurika itsura Amajyambere ushinzwe guteza imbere abikorera ku giti cyabo no guteza imbere ibikorwa remezo.

Muri Mata, 2024,  Banki ya JP Morgan Chase yagiranye amasezerano na Banki Nyafurika  ishinzwe gutsura Amajyambere ngo barushaho gukorana mu by’ubucuruzi, guteza imbere urwego rw’abikorera ku giti cyabo n’indi mishinga migari Banki zombi zakungukiramo.

Banki Nyafurika ishinzwe gutsura Amajyambere ivuga ko imwe mu nkingi zayo ari uguteza imbere urwego rw’ishoramari rirambye binyuze mu gufasha amafaranga y’ibihugu kudata agaciro ahubwo ibyo bihugu bikagira ubukungu buzamuka.

U Rwanda ruri mu bihugu byahawe amafaranga ngo uwo mugambi ugerweho.

Mu minsi ishize i Nairobi muri Kenya habereye inama yahuje ubuyobozi bukuru bwa Banki Nyafurika ishinzwe gutsura Amajyambere n’Abakuru b’ibihugu by’Afurika baganira uko Afurika yarushaho gutera imbere binyuze mu mishinga migari ibihugu byayo byishyiriyeho.

Ni inama bise AfDB Annual Meeting 2024.

U Rwanda rwahavuye rusinyanye n’ikigega cyo muri Kuwait andi masezerano ya miliyoni $ 20 ruzashora mu kubaka no kuzuza neza icyaha cyahariwe guhanga udushya mu ikoranabuhanga kitwa Kigali Innovation City.

Ayo mafaranga kandi azafasha mu gusana no kwagura umuhanda Muhanga-Nyange.

TAGGED:featuredIshoramariMinisitiriNdagijimanaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Miliyoni Frw 7 Niko Gaciro K’Ibiherutse Gukongokera muri MAGERWA Ya Cyanika
Next Article Amerika Yatangaje Umugambi Wa Israel Ngo Intambara Ya Gaza Ihagarare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?