Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwasubije u Burundi Abagabo Babiri Bavugwaho Gukorera Yo Ibyaha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

U Rwanda Rwasubije u Burundi Abagabo Babiri Bavugwaho Gukorera Yo Ibyaha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 August 2021 10:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagabo babiri u Rwanda rwasubije u Burundi bafatiwe ku butaka bwarwo nyuma yo gukorera ibyaha mu Burundi.

Twahamagaye ubuvugizi bw’Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha ngo butubwire ibyo byaha bakurikiranyweho ibyo ari byo n’igihe bafatiwe ariko ntiturabona igisubizo.

Mu minsi micye ishize hari abandi bantu 19 bo mu mutwe urwanya u Burundi witwa RED TABARA nabo basubijwe u Burundi nyuma yo gufatirwa ku butaka bw’u Rwanda.

Umuhango wo kubasubiza u Burundi wari uyobowe na Brig Gen Vincent Nyakarundi ushinzwe Urwego rw’iperereza rya gisirikare mu ngabo z’u Rwanda hamwe na mugenzi we uyobora uru rwego mu ngabo z’u Burundi Col Musaba.

Bariya barwanyi bambutse umupaka bagera ku butaka bw’u Rwanda mu buryo butemewe n’amategeko ku wa 29 Nzeri 2020.

Ku wa 3 Ukwakira 2020 nibwo RDF yatangaje ko abarwanyi 19 b’Abarundi biyemereye ko ari abo mu mutwe wa RED Tabara bafatiwe ku butaka bw’u Rwanda, bafite intwaro nyinshi zirimo into n’inini.

Icyo gihe bafashwe bamaze kwinjira mu ishyamba rya Nyungwe, mu gice giherereye mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru.

U Rwanda rwahise rumenyesha itsinda ry’ingabo zishinzwe kugenzura imipaka mu karere (Expanded Joint Verification Mechanism, EJVM) mbere yo kubata muri yombi, runasaba iperereza rihuje ibihugu byombi ngo hanafatwe ingamba z’ibigomba gukurikira.

Bariya barwanyi bafatanywe imbunda 17 za Kalashnikov, imbunda irasa ibisasu bya rockets (Rocket-propelled Grenade, RPG), radio ebyiri za Motorola, mudasobwa, telefoni ngendanwa n’ibindi bikoresho.

TAGGED:AbarundiAbasirikareBurundifeaturedIbyahaIngaboNyakarundiRIBRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Rubyiruko…Mwiteze Imbere Muteze Imbere N’Abandi’-Jeanette Kagame
Next Article Ikarita Y’Isi Ikwiye Kuvugururwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?