U Rwanda Rwasubije Ubufaransa Bwarushinje Gushyigikira M23

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo yasubije Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ubufaransa Stéphane Séjourné wari watangaje ko u Rwanda rugomba kuva muri DRC no kureka gufasha M23 ko igihugu cye kizi neza intandaro y’ibibera muri DRC bityo ko iyo kibishinja u Rwanda kiba kigiza nkana!

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga  Stéphane Séjourné ayoboye  yaraye isohoye itangazo rivuga ko iki gihugu gisaba u Rwanda kuvana ingabo zarwo n’intwaro ku butaka bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ubufaransa Stéphane Séjourné
Itangazo rya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubufaransa ku kibazo cya DRC na M23.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo yasubije Ubufaransa ko ibibazo biri muri DRC bizakemurwa no kurandura imizi byashibutseho.

Kuri X, Makolo yavuze ko ntawarusha Ubufaransa kumenya isoko y’ibyo bibazo.

- Advertisement -

Yanditse ati: “ Ku byerekeye itangazo  Guverinoma y’Ubufaransa yasohoye  kuri uyu munsi, navuga ko ntawe uzi intandaro y’ibibazo biri muri DRC kurusha Abafaransa. Ikindi ni uko n’uhagarariye UN mu kugarura amahoro muri DRC nawe ahora avuga intandaro y’iki kibazo. Ubwo rero dusanga nta rujijo rwagombye kuba ruhari.”

Makolo yanditse ko kugira ngo ibibazo byo mu Burasirazuba bwa DRC bikemuke burundu, ari ngombwa ko imizi byashibutseho irandurwa.

Ku byerekeye umutekano w’u Rwanda, ubuyobozi bwarwo bumaze igihe gito butangaje ko bwafashe ingamba zikomeye zo kurinda ubusugire bwarwo cyane cyane mu burinzi bw’ikirere.

U Rwanda Ruhangayikishijwe Bikomeye N’Imyitwarire Ya Guverinoma Ya DRC

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version