Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwatangije Umushinga Wo Kuzihaza Mu Biribwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rwatangije Umushinga Wo Kuzihaza Mu Biribwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 March 2023 11:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo yatangije umushinga ugamije kuzafasha abahinzi guhinga bakeza kandi ibyeze bigatunganywa kugira ngo bizagirere benshi akamaro.

Ni umushinga wiswe KWIZAHA Minisiteri y’ubuhinzi izakorana n’abafatanyabikorwa bayo barimo Umuryango w’Ubumwe bw’ubumwe bw’u Burayi, Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere mpuzamahanga ndetse n’icyo muri Luxembourg kitwa Luxembourg  Development Cooperation Agency (LuxDev).

Uyu mushinga uzashyira mu bikorwa mu gihe cy’imyaka ine, ni ukuvuga guhera mu mwaka wa 2023 n’umwaka wa 2026.

Imirongo migari igize uyu mushinga izashyira imbaraga mu burobyi, ubworozi bw’amafi no mu rwego rw’abahinga imbuto n’imboga.

Abahanga mu buhinzi bavuga ko bazashyira imbaraga mu buhinzi no kwita ku bikomoka ku mafi, bigakorwa haba mu gihe cyo guhinga, mu gihe cyo gusarura, guhunika ndetse no kubyaza umusaruro ibyasaruwe bikabyazwa umusaruro ‘mu bundi buryo’.

Mu bufatanye bw’izi nzego, hazarebwa uko abahinzi b’ibihingwa runaka  cyangwa aborozi b’amafi bahuzwa n’ibigo bitanga inguzanyo kugira ngo ubuhinzi bugirwe ubw’ubucuruzi.

Uriya mushinga wateganyirijwe Miliyoni 15 z’ama Euros, akazanashorwa mu guhugura abahinzi n’aborozi barebwa n’uriya mushinga.

Ambasaderi w’Umuryango w’u Burayi mu Rwanda Belén Calvo Uyarra avuga ko bahisemo gukorana n’u Rwanda muri uru rwego kugira ngo barufashe mu ntego zarwo zo kwihaza mu biribwa ku barutuye.

Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr. Ildephonse Musafiri avuga ko ari imikoranire y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo ari ingenzi no mu by’ubuhinzi.

 Ashima ko muri gahunda ya KWIHAZA Project hari abantu benshi bazahabwa akazi.

TAGGED:BurayifeaturedMinisiteriMusafiriUbuhinziUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda Irashaka Gutora Itegeko Rihana ‘Bidasubirwaho’ Abatinganyi
Next Article Intumwa Za Uganda Zongeye Guhura N’iz’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?