Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwifatanyije Na Israel Iri Mu Cyunamo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rwifatanyije Na Israel Iri Mu Cyunamo

admin
Last updated: 02 May 2021 4:40 pm
admin
Share
LAG BAOMER
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije iya Israel iri mu cyunamo, nyuma y’uko ku wa 29 Mata abantu 45 bapfuye, abasaga 150 bagakomerekera mu mubyigano ukomeye wabereye mu muhango w’idini ku musozi wa Meron, mu majyaruguru y’igihugu.

Kuri iki Cyumweru ni umunsi w’icyumano muri Israel mu kunamira abapfuye muri uriya mubyigano. Amabendera yose yururukijwe kugeza mu cya kabiri.

Mu itangazo guverinoma y’u Rwanda yasohoye binyuze kuri Twitter, yatangaje ko yifatanyije na Israel muri ibi bihe.

Iti “Guverinoma n’abaturage b’u Rwanda bihanganishije kandi bifatanyije mu kababaro na Guverinoma n’abaturage ba Israel, n’imiryango y’ababuriye ababo mu mubyigano wabereye kuri Mount Meron mu muhango ujyanye n’imyemerere, mu ijoro ryo ku wa 29 Mata.”

The Government and People of Rwanda express their heartfelt condolences and stand in solidarity with the Government and People of the State of Israel, as well as the families of the victims of a stampede at Mount Meron during a religious ceremony, on the night of 29 April.

— Ministry of Foreign Affairs & Int'l Cooperation (@RwandaMFA) May 2, 2021

Byagenze bite kuri uriya munsi?

Ku wa Kane tariki 29 Mata, Abayahudi bari bakoraniye kwizihiza umuhango ngarukamwaka uzwi nka Lag Ba’omer, uhuzwa no kwibuka urupfu rw’uwari umwigisha ukomeye mu idini y’aba-Orthodox b’Abayahudi, Rabbi Shimon bar Yochai.

Wari wahurije hamwe ibihumbi byinshi by’abantu, ari nawo wari witabiriwe n’abantu benshi muri Israel kuva icyorezo cya COVID-19 cyaduka mu mwaka ushize.

Uwo muhango wabereye ku musozi wa Meron, ari naho hari imva ya Rabbi Shimon Bar Yochai.

Ubwo wari uhumuje ndetse urumuri ruwuranga rumaze gucanwa hafi saa saba z’ijoro,  abantu batangiye kugana aho basohokera.

Bari benshi cyane ku buryo umuntu yabaga yegeranye n’undi, mu gihe bagombaga kumanuka ahantu hagizwe n’icyuma bakandagiraho, ku buryo byari bigoye ko umuntu areba aho ashinga ikirenge.

Ni inzira ifite ibyuma biyikikije umuntu wo ku ruhande ashobora gufataho, ariko uwo hagati nta ho gufata afite.

Ibibazo byavutze ubwo bageze ku gice kigizwe n’ingazi, bamwe banyereye maze bakagwirirana, bamwe batangira kugwa hejuru y’abandi, umuntu akaryamira uw’imbere ye, ari nabwo batangiye gupfa.

Abantu bakutse umutima maze bagerageza guhunga, ibintu birushaho kuba bibi kuko bagwiriranye abandi bagakandagirana, bituma abagera kuri 45 bahita bapfa, abarenga 150 barakomereka.

Kuba buri muntu yarageragezaga gukiza amagara ye byatumye n’inzego z’ubutabazi zitabasha kugera ku bari bamaze gukomereka ngo batabarwe.

Hakomeje iperereza harebwa inzego zarangaye, zigashyira mu kaga aba baturage.

נורא לראות את הצפיפות שהיתה במעבר הצר, ואת הדוחק העצום שהוביל בסוף לאסון הקשה והמחריד. pic.twitter.com/1RE7FggFXt

— ישראל כהן (@Israelcohen911) April 29, 2021
TAGGED:AbayahudifeaturedIsraelMt MeronUmubyigano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Brayan Sánchez Yegukanye Agace Ka Mbere Ka Tour Du Rwanda 2021
Next Article Umukino Wa Man Utd Na Liverpool Wasubitswe Kubera Imyigaragambyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?