Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwihagije Ku Mbuto Z’Ibigori, Soya N’Ingano- MINAGRI
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rwihagije Ku Mbuto Z’Ibigori, Soya N’Ingano- MINAGRI

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 July 2024 7:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Eric Rwigamba usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi avuga ko u Rwanda rwihagije ku mbuto z’ibigori, soya n’ingano kuko zihatuburirwa ku rwego ruhagije ku buryo rushobora gusagurira n’amasoko yo hanze.

Rwigamba yabivuze kuwa mbere taliki 29, Nyakanga 2024 mu nama y’iminsi ibiri iri kubera i Kigali yiga ku kwagura isoko ry’imbuto.

Ihuriyemo abashakashatsi, abacuruzi b’imbuto, abatubuzi bazo, inzego z’ubuyobozi mu bigo bya Leta n’abandi bafite aho bahuriye n’uruhererekane nyongeragaciro mu by’umusaruro w’imbuto, bakaba baraturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika.

Minisiteri y’ubuhinzi yari inaherutse gutangaza ko kuboneka kw’imbuto ihagije biri mu byatumye umusaruro mu buhinzi mu gihembwe cya 2024A uba mwiza, ugera kuri toni 300,000.

Iyi ngingo kandi itangazwa n’abahinzi bemeza ko imbuto nziza hamwe n’ifumbire mvaruganda biri mu by’ingenzi byatumye umusaruro w’ubuhinzi uzamuka bifatika.

Mu nama twavuze haruguru yiga ku iterambere ry’ubuhinzi binyuze mu gutubura no gukwirakwiza imbuto, Umuyobozi Mukuru w’Ishyirahamwe ry’abatubura n’abacuruza imbuto nziza mu Rwanda, Innocent Namuhoranye, avuga ko u Rwanda rumaze kugera kuri byinshi kuri iyi ngingo.

Imbuto ihagije iri mu byatumye umusaruro mu buhinzi mu gihembwe cya 2024A uba mwiza, ugera kuri toni 300,000.

Avuga ko mu Rwanda umuturage abona imbuto nziza  kandi ikamugereraho igihe.

Yungamo ko gutubura imbuto no kuziha abahinzi ari ubundi bucuruzi bwinjiriza ababukora.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuhinzi n’ubworozi muri MINAGRI, Eric Rwigamba avuga ko hari aho bamaze kwihaza ku mbuto nziza zituburirwa mu Rwanda birimo ibigori.

Ati: “Imbuto z’ibigori, soya n’ingano, mu gihugu dutubura imbuto zihagije ku bahinzi bose. Hari n’abikorera batangiye kudusaba ko batangira gusagurira ibindi bihugu mu Karere ariko turacyabyigaho kugira ngo ntibazasohore nyinshi ngo Abanyarwanda basigarire aho”.

Eric Rwigamba usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi

Afurika iracyari inyuma mu gutunganya no kugurisha imbuto.

Itanga izingana na 2% by’imbuto zose zituburirwa ku isi.

MINAGRI itangaza ko abahinzi banini bakoresha imbuto nziza ku kigero cya 85.7% naho abahinzi bato bo bakoresha izo mbuto ni  35.9% mu gihe muri rusange abakoresheje imbuto nziza mu gihembwe cy’ihinga cya 2024 A bangana na 39.7%.

Mu mwaka wa 2022 isoko ry’imbuto ku rwego rw’Isi ryari rifite agaciro ka miliyari $ 53 zirenga, ayo mafaranga akaziyongera akagera kuri miliyari $ 82 mu mwaka wa 2031.

Ifoto ibanza: Minisitiri w’ubuhinzi atera imbuto

TAGGED:AbanyamahangafeaturedImbutoMINAGRISoyaUbuhinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Uwatereraga Abandi Amakorasi Yapfiriye Mu Masengesho
Next Article DRC: Corneille Nangaa Yasabiwe Urwo Gupfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Angola Igiye Kujya Itunganya Diyama Yose Icukura

Abimukira Ba Mbere Boherejwe Na Amerika Bageze Mu Rwanda

Perezida Wa Mozambique Yasuye Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Zahabu

Musanze: Babwiye Polisi Ikibatera Kwiba

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?