Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwihanganishije Koreya Y’Epfo Yibasiwe N’Inkongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

U Rwanda Rwihanganishije Koreya Y’Epfo Yibasiwe N’Inkongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 March 2025 8:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda, Ambasade yarwo ikorera muri Koreya Y’Epfo yihanganishije imiryango n’inshuti z’abaturage b’iki gihugu baburiye ubuzima mu nkongi y’umuriro yahitanye abantu 24 igasenya inyubako zisaga 200 mu bice binyuranye by’amajyepfo y’iki gihugu.

Iyo nkongi kandi yakomerekeje cyane abandi bantu 26 barimo 12 barembye cyane.

Ambasade y’u Rwanda muri kiriya gihugu yanditse iti: “Tubikuye ku mutima dufashe mu mugongo imiryango n’inshuti babuze ababo bitewe n’inkongi ikomeje kwibasira Amajyepfo y’Uburasirazuba bwa Korea y’Epfo. Twifatanyije n’abaturage na Guverinoma ya Koreya y’Epfo muri ibi bihe by’umubabaro.”

Abayobozi bo muri Koreya y’Epfo bavuga ko abenshi mu baburiye ubuzima muri iyo nkongi yatangiye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, ari abari mu myaka 60 na 70.

Bibasirwa ahanini bitewe no kutabasha guhunga kubera izabukuru kandi bakaba basanganywe imibiri ikenera umwuka wo guhumeka mwiza kandi mwinshi.

Inkongi ivugwa hano yadutse mu gace ka Sancheong, umuyaga uyikwirakwiza byihuse.

Imaze gukongora byinshi birimo ingoro ya Buddha, inzu zo guturamo, inganda, imodoka n’indi mitungo iri kuri hegitari 17.535 zafashwe n’inkongi.

Kugeza uyu munsi, abaturage barenga 27.000 bamaze guhunga ibyabo bitewe n’uwo muriro ukomeje kwibasira ibice bituwe n’ibidatuwe.

Abakozi b’urwego rwa Koreya Y’Epfo rushinzwe kuzimya inkongi n’abasirikare 5000 bari gukoresha za kizimyamwoto na kajugujugu mu kugerageza kuzimya uwo muriro ufite imbaraga nyinshi.

Imihindagurikire y’ikirere iri mu bivugwa ko bitiza umurindi inkongi n’inkubi biri kwaduha henshi ku isi muri iki gihe.

Abahanga bavuga ko inkongi iherutse kwisabira Los Angeles, Umurwa mukuru wa California, nayo yatewe ahanini n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Kubera ko Koreya Y’Epfo ari igice cy’Amajyepfo cy’umwigimbakirwa wa Koreya (Korean Penensula), iri ahantu ishobora kwibasirwa n’inkubi nazo zikaba zatiza umurindi umuriro muto ugahinduka inkongi ikomeye.

Umwigimbakirwa wa Koreya (iya Ruguru n’Epfo) ukora ku Nyanja ya Pacifique ku cyerekezo cy’Uburasirazuba.

Ariko burya abantu bakwiye kumenya gutandukanya umuriro n’inkongi.

Umuriro usanzwe, urugero nk’uwaka ku mwambi w’ikibiriti, ntiwitwa inkongi.

Inkongi ni umuriro ugurumana, ukongora ibyo usanze kandi ukwirakwira byoroshye.

TAGGED:AbaturagefeaturedInkongiKoreyaKwihanganishaRwandaUmuriro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Abacuruza Ibikomoka Kuri Petelori Beretswe Uburyo Nyabwo Ipimwa
Next Article RIB Yahawe Ubuyobozi Bushya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?