Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwirukanye Umubiligi Wabeshye Akajya Kunganira Rusesabagina
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

U Rwanda Rwirukanye Umubiligi Wabeshye Akajya Kunganira Rusesabagina

admin
Last updated: 21 August 2021 8:59 pm
admin
Share
SHARE

Leta y’u Rwanda yirukanye ku butaka bwayo umunyamategeko w’Umubiligi, Me Vincent Lurquin, ashinjwa kubeshya inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka akajya kunganira Paul Rusesabagina uregwa ibyaha by’iterabwoba.

Me Lurquin yinjiye mu Rwanda ku wa 16 Kanama 2021 nyuma yo gusaba ndetse agahabwa viza y’iminsi 30 y’ubukerarugendo. Yahise ajya mu kazi k’ubwunganizi mu mategeko, adafite uruhushya rwo gukorera mu Rwanda.

Kuri uyu wa Gatandatu ahagana saa kumi n’imwe nibwo yavanywe ku biro by’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka aherekejwe n’abapolisi, ajyanwa igitaraganya ku Kibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Kigali.

Umuyobozi w’Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka, Lt Col Regis Gatarayiha, yavuze ko uriya mugabo atagombaga gukorera mu Rwanda kuko nta ruhushya yari yabiherewe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mbere na mbere ngo byari binyuranye n’uruhushya rwamuzanye mu Rwanda, icya kabiri ntabwo yari yabyemerewe n’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda, rwagombaga kubanza kumuha icyemezo.

Yakomeje ati “Nta masezerano bafitanye yo muri urwo rwego, ni nayo mpamvu natwe tubikurikirana, dufata iki cyemezo cyo gutesha agaciro uruhushya yahawe rwo gusura u Rwanda, twabanje no kubaza Urugaga rw’abavoka mu Rwanda kugira ngo tumenye niba yari yahawe uburenganzira bwo gukora umurimo w’abavoka, akaba wenda yabikoze atabanje gusaba uruhushya rwo gukorera mu Rwanda ariko afite uruhushya yahawe n’Urugaga rw’abavoka mu Rwanda.”

“Ntarwo yahawe rero, kandi yagerageje kurusaba, baranarumwima bamubwira n’impamu barumwimye, ariko we abirengaho. Bigaragara ko yishe amategeko nkana.” Yari kuri televiziyo y’igihugu.

Kuri uyu wa Gatanu Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwatangaje ko nubwo Me Vincent Lurquin yagaragaye mu Rukiko mu Rwanda yambaye umwambaro w’akazi k’Abavoka, atemerewe gukora nk’umwavoka mu Rwanda.

Ruti “Aracyabazwa impamvu yashatse kugaragara nkukora Akazi k’Abavoka mu Rwanda kandi atabyemerewe.”

- Advertisement -

Aracyabazwa impamvu yashatse kugaragara nkukora Akazi k'Abavoka mu Rwanda kandi atabyemerewe

— Rwanda Bar Association (@Rwanda_Bar) August 20, 2021

Me Lurquin 62 abarizwa mu Urugaga rw’abavoka rwa Bruxelles.

Si ubwa mbere agerageza kunganira Rusesabagina, ariko yagiye abyangirwa kubera ko kugira ngo umunyamategeko wo mu mahanga akorere mu Rwanda, bisaba ko n’uwo mu Rwanda aba afite uburenbganzira bwo gukorera muri icyo gihugu binyuze mu masezerano asinywa hagati y’ibihugu byombi.

Ntabwo abavoka bo mu Rwanda bemerewe gukorera muri Bruxelles ari naho Vincent Lurquin abarizwa, bivuze ko na we atabona uburenganzira bwo gukorera mu Rwanda.

Biteganywa ko urubanza rwa Rusesabagina na bagenzi be 20 ruzasomwa ku wa 20 Nzeli 2021.

Me Lurquin asanzwe akorera akazi k’ubwavoka mu Bubiligi
TAGGED:featuredMe Vincent LurquinPaul RusesabaginaRegis Gatarayiha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wungirije Wa Polisi Ya Uganda YAPFUYE
Next Article Icyizere Nyuma y’Uko Abakingiwe COVID-19 Mu Rwanda Barenze Miliyoni Imwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?