Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwisuzumye Rureba Aho Rugeze Ruha Buri Wese Murandasi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rwisuzumye Rureba Aho Rugeze Ruha Buri Wese Murandasi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 November 2022 9:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanga mu ikoranabuhanga b’Abanyarwanda bahuye baganira aho murandasi igeze igera ku Banyarwanda kugira ngo ibafashe mu iterambere ryabo.

Ni inama yateguwe n’Ikigo nyarwanda gishinzwe kurinda indangarubuga ya RW, mu Cyongereza biga Rwanda Internet and Technology Alliance, RICTA.

Yari igamije kurebera hamwe icyakorwa kugira ngo abakoresha murandasi mu Rwanda babikore batekanye kandi igere ku bantu bose bityo ihenduka.

Umuyobozi wa RICTA Madamu Grace Ingabire avuga ko ikintu ikigo ayoboye giharanira muri iki gihe, ari ugufasha Leta n’abafatanyabikorwa bayo gufasha abantu bose kubona murandasi ihendutse kandi izakoreshwa kugira ngo ibere bose amahirwe yo kwiteza imbere.

Ingabire ati: “ Twiyemeje ko iyi nama izatuma twungurana ibitekerezo bituma mu gihe kizaza buri wese azabona murandasi imuhagije kugira ngo ayikoreshe mu nyungu ze z’igihe kizaza.”

Minisitiri w’ikoranabuhanga mu Rwanda witwa Ingabire Paula Musoni nawe yunze mu rya  Grace avuga ko nta muntu wagombye kubaho adafite murandasi.

Minisitiri Ingabire avuga ko kugira murandasi ari uburenganzira bwa buri wese, ikibazo gisigaye kikaba icyo kumuha uburyo yayigeraho.

Ku rundi ruhande ariko, abitabiriye iriya nama berekanye ko hakiri ikibazo cy’uko murandasi ihenze kandi ikaba itaranagira umutekano usagambye.

Alexis Ntare ukora muri Rwanda ICT Chamber yabajije abo muri RURA impamvu hari abakiliya batarashobora kwishyura bakoresheje murandasi mu buryo buboroheye, ugasanga ntiyihuta.

Abahanga mu ikoranabuhanga babyita internet fragmentation.

Uwari uhagarariye RURA yavuze ko muri rusange ikigo yari ahagarariye gikora uko gishoboye kugira ngo abatanga serivisi za murandasi babikore neza mu buryo bushimishije.

Mu rwego rwo kugabanya ibi bibazo, hari iminara ifasha mu gukwirakwiza murandasi hirya no hino mu Rwanda.

Iyi nama ibaye nta gihe kinini gishize mu Rwanda habereye indi nama mpuzamahanga yafunguwe na Perezida Paul Kagame yareberaga hamwe uko ikoranabuhanga rihagaze n’icyakorwa ngo urubyiruko rwa Afurika rukomeze guteza imbere uru rwego.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yavuze ko urubyiruko rw’Afurika hari byinshi ruzi mu ikoranabuhanga ariko ngo rukeneye kubona aho rushyirira mu bikorwa ibyo rwize.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaIngabireMinisitiriMurandasi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika Irashaka Gushyiraho Ikoranabuhanga Mu Mikorere Ya Gasutamo
Next Article Ingabo Za Kenya Ngo Zagiye Muri DRC Gutabara Umuturanyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?