Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: UBufaransa Buravugwaho Uruhare Mu Iyicwa Rya Thomas Sankara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

UBufaransa Buravugwaho Uruhare Mu Iyicwa Rya Thomas Sankara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 April 2021 3:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

U Bufaransa ni kimwe mu bihugu by’u Burayi bifitanye ‘amateka mabi’ n’ibihugu bwakolonije ndetse n’ibyo butakolonije, urugero rukaba u Rwanda. Ibyo bihugu ni Algérie, u Rwanda, Côte d’Ivoire…ubu hajemo na Burkina Faso mu rupfu rwa Captaine Thomas Sankara.

Nyuma y’uko hatangijwe urubanza ruregwamo Bwana Blaise Compaoré wahoze ayobora Burkina Faso, akaba akurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa Sankara, ubu umuryango witwa Survie.Org wasabye Leta y’u Bufaransa guha urukiko inyandiko bubitse zivugwa iby’urupfu rwe.

Abantu bo mu bihugu birimo Burkina Faso, Kenya, Sénegal, Niger, u Bufaransa, u Bubiligi, u Budage, Espagne, Canada, n’ahandi banditse ibaruwa igenewe Ibiro by’Umukuru w’u Bufaransa imusaba gufasha urukiko ruburanisha Compaoré, bukaruha inyandiko zivuga iby’urupfu rwa Sankara.

Iyi baruwa yasohowe kuri uyu wa Gatatu tariki 14, Mata, 2021.

Itangira yibutsa abantu ko Thomas Sankara yishwe tariki 15, Ukwakira, 1987 kandi ko kuva icyo gihe kugeza n’ubu abavugwa kubigiramo uruhare batahanwe ngo abantu bahabwe ubutabera.

Abagize Umuryango wa Sankara kandi basaba ko umurambo wa Sankara watabururwa, bakawuhabwa, bakabona n’umwanya wo kumwunamira nyuma bakamushyingura mu cyubahiro.

Abanditse iriya baruwa bashyize ku rubuga rwabo rwa murandasi bavuga ko umugambi wo kwica Sankara ari mpuzamahanga kuko ufite aho uhuriye n’u Bufaransa.

Bavuga ko kuva Sankara yicwa, ubutegetsi bwayoboraga u Bufaransa mu gihe cye na nyuma y’aho butigeze bugira ubushake bwo gushyira ku mugaragaro inyandiko zerakana ibyabaye, ababikoze n’umugambi wabo.

Muri 2017 Emmanuel Macron yigeze kuvuga ko ibiri muri iriya nyandiko ari ‘ibanga ry’igihugu’.

Banditse basaba ko inyandiko zabitswe mu gihe François Mitterrand na Guverinoma ye bategekaga u Bufaransa ndetse no mu gihe cya Jacques Chirac zose zashyikirizwa ubutabera bwa Burkina Faso.

Ikindi  basaba ni uko na Côte d’Ivoire igomba koherereza Burkina Faso uriya mugabo kuko ngo yahemukiye igihugu cye n’abaturage bacyo ubwo yicaga umwe mu bayobozi beza bagize.

Abanditse iriya baruwa kandi basabye urukiko ruzaburanisha ruriya rubanza ko rwazakorwa imbere ya camera kugira ngo ruzakurikiranwe ku isi, bizafashe abazavuka kumenya uko Compaoré yagize uruhare mu rupfu rwa Sankara.

Ibaruwa yabo irangira ishimira abagize uruhare mu gutuma ruriya rubanza ruba, bakavuga ko ari intambwe nziza y’ubutabera.

TAGGED:BufaransafeaturedSankaraUbutegetsiUmuryango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Raporo Nshya Yashinje Rujugiro Magendu No Gutera Inkunga Iterabwoba
Next Article Umukozi ‘Yibye’ Sebuja $10 000, RIB Imufata Ariyemo Make
1 Comment
  • Ines uwase says:
    16 April 2021 at 1:01 pm

    Ati badatanze icyacumi ntibasubizwa ubutaka!!?? Hhhhh ndumiwe ubu nubujuru kumanywa yihangu biratangaje

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?