Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubufaransa Bwimye Agaciro Iyirukanwa Ry’Ambasaderi Wabwo Muri Niger
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubufaransa Bwimye Agaciro Iyirukanwa Ry’Ambasaderi Wabwo Muri Niger

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 August 2023 2:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abasirikare bayoboye Niger birukanye Ambasaderi w’Ubufaransa ku butaka bw’igihugu cyabo, bamuha amasaha 48 ngo abe yarangije kubavira ahabo.

Ni icyemezo kije gitsindagira ko ubutegetsi bw’aba basirikare butiteguye kugira icyo buvugana n’Ubufaransa, igihugu cyahoze gikoloniza Niger kugeza taliki 18, Ukuboza, 2023.

Uyu mubano mubi hagati ya Paris na Niamey watangiye kuvuka ubwo abasirikare bikoraga bagafunga uwo bari bashinzwe kurinda, ari we Perezida Mohamed Bazoum.

Hari taliki 26, Nyakanga, 2023.

Ambasaderi w’Ubufaransa wahawe integuza yo kuba yavuye ku butaka bwa Niger ni uwitwa Sylvain Itté.

Sylvain Itte

Icyakora ubutegetsi bw’igihugu cye buvuga ko ibyo ari ukumukanga kubera ko butemera ko abayobora Niger ari bo bemewe n’amategeko.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubufaransa yagize ati:“ Abahiritse ubutegetsi sibo bafite ubushobozi bwo kwirukana umuntu twohereje mu gihugu cy’inshuti kandi gifite umuyobozi wemewe n’amategeko.”

Ibi kandi biravugwa mu gihe hakiri imyiteguro y’intambara izatangizwa kuri Niger hagamijwe kwirukana ku butegetsi abasirikare bahiritse Perezida Bazoum.

Ikindi ni uko Ubufaransa busanzwe bufite abasirikare 1500 bakorera muri Niger.

Bafashaga ingabo zayo guhangana n’abakora iterabwoba.

TAGGED:BufaransaIterabwobaNiger
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bwiza Na Wayz Bashimiwe N’Ikigo Cya Muzika Trace, Kenny Sol Arabura
Next Article Ambasaderi Wa Israel Yatangiye Asura Imishinga Y’Ubuhinzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?