Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubufaransa: Minisitiri W’Intebe Utarumazeho Ukwezi YEGUYE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Ubufaransa: Minisitiri W’Intebe Utarumazeho Ukwezi YEGUYE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 October 2025 11:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ahise yegura adateye kabiri.
SHARE

Sébastien Lecornu wari umaze igihe gito cyane abaye Minisitiri w’Intebe mu Bufaransa yeguye nyuma y’amasaha make atangaje abagize Guverinoma ye.

Ibiro bya Perezida Emmanuel Macron byatangaje ko Lecornou yabagejejeho ubwegure bwe kare muri iki gitondo mu gihe hari hitezwe ko ari bukoreshe Inama y’Abaminisitiri ya mbere ku mugoroba.

Kwegura kwe kuje gusonga Guverinoma ya Emmanuel Macron umaze kwakira ubwegure bwa ba Minisitiri b’intebe bane mu gihe kitageze ku myaka ibiri.

Ibi kandi byatumye abashoramari ku masoko y’imigabane mu Bufaransa bakuka umutima kuko kudatuza kwa politiki kuri bugire ingaruka ku bukungu bwa Paris.

Nk’ubu agaciro ku isoko ry’imari n’imigabane kuri uyu wa Mbere ryaguye kuri 2%.

Imwe mu ngingo zamuteye kwegura nk’uko Ibiro Ntaramakuru by’Ubufaransa, AFP, bibivuga ni uko abo mu ishyaka ry’aba Républicains bayobowe na Bruno Retailleau bamwamaganye.

Bruno Daniel Marie Paul Retailleau ni umunyapolitiki wakoze muri Guverinoma zitandukanye kuko yashinzwe Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu muri Guverinoma ya Bayrou ndetse yari no mu yabanje na Barnier.

Minisitiri w’Intebe Lecornu yagiye kuri uyu mwanya tariki 09, Nzeri, akaba yaburaga iminsi itatu ngo yuzuze ukwezi.

Abaye Minisitiri w’intebe wa gatatu weguye mu gihe kitageze ku mwaka.

Icyatumye igitutu cyo gutuma yegura kizamuka ni uko abenshi yagaruye abantu benshi mu bahoze muri Guverinoma yasimbuye, ikintu cyatumye abatavuga rumwe nawe bamwamaganira kure.

Umwe muri bo ni Bruno Le Maire yari yashinze Minisiteri y’ingabo.

TAGGED:featuredIntebeKweguraUbufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bugesera: PSF Yasinyanye N’Ubuyobozi Gufatanya Guteza Imbere Abaturage
Next Article Rutsiro: Bakurikiranyweho Gutema Inka Z’Abaturanyi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Hari Icyo Sena Yifuza Ku Banyarwanda Baba Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yahuje Ubuziranenge N’Iterambere Rirambye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?