Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubufatanye Ni Rimwe Mu Mabanga Agejeje u Rwanda Ku Iterambere- ACP Rutikanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Ubufatanye Ni Rimwe Mu Mabanga Agejeje u Rwanda Ku Iterambere- ACP Rutikanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 March 2024 7:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Assistant Commissioner of Police ( ACP) Boniface Rutikanga
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police( ACP) Boniface Rutikanga avuga ko ibikorwa Polisi n’ingabo z’u Rwanda bafatanyemo abaturage  biri mu bituma ubukungu bw’u Rwanda buzamuka.

Rutikanga avuze ibi mbere y’amasaha make ngo hirya no hino mu Rwanda hatangizwe ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi na RDF mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Ibyo ni ukubaka ibiraro, inzu z’abatishoboye, amarerero n’ibindi bikorwaremezo by’inyungu rusange.

Yagize ati: “ Mu myaka 30 hanmaze gukorwa ibintu byinshi. Polisi n’ingabo dukorera abaturage kandi ibibazo duhangana nabyo ni ibireba abaturage. Kubegera rero tukarebera hamwe uko twafatanya gutekemura ibyo bibazo ni ingenzi kuko ubufatanye ni umwe mu misingi ituma ibibazo bikemuka”.

Avuga ko abapolisi n’abasirikare nabo ari abaturage b’u Rwanda, bagatandukanira n’abandi ku nshingano za buri wese n’urwego akorera.

ACP Boniface Rutikanga avuga ko mu mikoranire n’abaturage, ikintu gikomeye ari ukwegerana bakaganira kugira ngo barebere hamwe uko bafatanya mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y’abaturage.

Ibikorwa biri bukorwe kuri uyu wa Gatanu taliki 01, Werurwe, 2024 ni ibyo gutangiza ibizakorwa mu mezi atatu ari imbere abanziriza umunsi wo kwibohora uzaba wizihiza iminsi 30 ishize u Rwanda rubohowe.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye arajya gutangiriza uku kwezi mu Karere ka Burera mu gihe Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda General Mubarakh Muganga ari bujye kugutangiriza mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma.

TAGGED:AbaturageBurerafeaturedIngaboNamuhoranyeNgomaPolisiRutikanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RGB Yahaye Sosiyete Sivile Umuburo
Next Article Uko Premier Bet Yateje Imbere Abaturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

IBUKA Ivuga Ko Muri Huye Hamaze Kuboneka Imibiri 301 Mu Mezi Ane

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Kenya: Abantu 12 Baguye Mu Mpanuka Y’Indege

Menya Itegeko Ryavuguruwe Ry’Umutungo Bwite Mu By’Ubwenge Rikurikizwa Mu Rwanda

Ibyinshi Mu Byaranze Amateka Y’u Rwanda Bibitswe N’Abarukolonije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Arabie Saoudite: Kagame Azatanga Ikiganiro Ku Umutekano Mu By’Ubukungu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Biya Agiye Kongera Kuyobora Cameroun Muri Manda Izarangira Afite Hafi Imyaka 100

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kigali: Bafatanywe Udupfunyika 617 Tw’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu RwandaUbuzima

Inzoga Z’Inkorano Zikomeje Kwangiza Ubuzima Bw’Abanyarwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?