Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubugiraneza Ni Ingenzi Ariko Umunyafurika Agahitamo Ikimufitiye Akamaro- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubugiraneza Ni Ingenzi Ariko Umunyafurika Agahitamo Ikimufitiye Akamaro- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 October 2022 6:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda yabwiye abitabiriye Ihuriro Nyafurika ry’Abagiraneza, African Philanthropy Forum ko n’ubwo ibikorwa by’ubugiraneza ari ingenzi mu mibanire y’abantu, ariko ngo Abanyafurika bagombye kumva ko ibibakorerwa byose byagombye gushingira ku cyifuzo cyabo cyo kugira ejo heza hiyubashye.

Perezida Kagame avuga ko n’ubwo abantu bakenera amafaranga ngo bakore biteze imbere kandi kubafasha kuyabona nabyo bikaba ntacyo mu by’ukuri bitwaye, ariko ngo agaciro k’uyahabwa gakwiye kuza imbere.

Avuga ko uhabwa amafaranga aba agomba kubigiramo uruhare, ntafatwe nk’uwo guhabwa gusa.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko ufashwa nawe agomba guhabwa ijambo kuko aba afite agaciro

Ihuriro nyafurika ry’abagiraneza, The African Philanthropy Forum, ni umuryango mugari w’abagira neza bo muri Afurika bagamije gufasha abandi kugera ku ntego zabo z’ejo hazaza.

Ku rubuga rwabo banditse ko bagamije iterambere n’ijambo ry’Umugabane w’Afurika muri rusange.

Bavuga ko bifuza ko inkunga itangwa n’Abanyafurika yazasimbura inkunga amahanga aha Afurika, iyi ntego ikazaba yaragezweho mu mwaka wa 2030.

Bemeza ko bashaka kuzaba bafite byibura Miliyari $42 muri uriya mwaka.

Umuryango The African Philanthropy Forum (APF) washinzwe mu mwaka wa 2014.

Muri iki gihe, uyu muryango ukorera mu Rwanda, muri Nigeria, muri Maroc, muri  Tanzania, muri Uganda, mu Misiri, muri Cameroun, muri Ghana, muri Ethiopia no muri Afurika y’Epfo.

Kugeza ubu ugizwe n’abagiraneza 950.

Mu ijambo rye kandi, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze  hakiri byinshi byo gukora kugira ngo u Rwanda rugere ku buringanire n’ubwuzuzanye hagati y’abagabo nabagore mu buryo busesuye.

Icyakora ngo hari intambwe ndende yatewe.

 

TAGGED:AbagiranezaAfurikafeaturedIhuriroKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubukungu Bw’Afurika Yo Munsi Y’Ubutayu Bwa Sahara Burasubira Inyuma-IMF
Next Article Umubano W’U Rwanda Na Rhineland-Palatinate Mu Mibare
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?