Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubuhamya Bw’Abahohotewe N’Ingabo za Uganda Mu Bihe By’Amatora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubuhamya Bw’Abahohotewe N’Ingabo za Uganda Mu Bihe By’Amatora

admin
Last updated: 13 March 2021 3:41 pm
admin
Share
SHARE

Abo ni abayoboke b’ishyaka National Unity Platform rya Bwana Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine baherutse kurekurwa nyuma yo kurangiza hafi iminsi 52 bafungiwe muri kasho za Polisi n’ingabo za Uganda ubwo batabiraga amatora y’Umukuru w’igihugu aheruka.

Abahaye ubuhamya The Washington Post bavuga ko bamwe muri bo bafashwe kandi bakorerwa iyicarubozo mu minsi ibiri mbere y’uko amatora nyirizina aba. Umwe muri bo ni David Lule.

Yavuze ko hari abasirikare baje baramufata bamwambika umufuka mu mutwe bamushyira mu modoka igitaraganya bamujyana ahantu baramukubita biratinda…

Amaze gukubitwa yajyanywe ahantu hiherereye asabwa gushyira amaso ku rukuta kugira ngo atareba abamukoreraga iyicarubozo,  ndetse aho hantu ahamara igihe kirekire ahaba wenyine.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Lule ati: “ Uwazaga kundeba wese ntiyagendaga atankubise ku rugingo ashaka urwo arirwo rwose. Yarangiza akambaza niba ndi uwo muri NUP cyangwa muri People Power.”

Ubuhamya bwatanzwe n’abantu batatu muri benshi bafashwe na Polisi n’ingabo za Uganda mbere y’uko amatora atangira, mu gihe cy’amatora na nyuma yayo.

Ubuvugizi bw’ingabo za Uganda bwirinze kugira icyo butangariza ikinyamakuru dukesha iyi nkuru, abajenerali nka  Gen Deo Akiiki na Gen Flavia Byekwaso bakibwiye ko batatanga ibisobanuro kuri buri wese uvuga ko yahohotewe kandi ko buri wese ashobora kujyana ikirego mu nkiko abishatse.

Byekwaso we avuga ko ibivugwa ari ibihuha, ko bidafite ishingiro.

Abagabo batatu batanze ubuhamya ni David Lule, Umaru Kagimu na Me Nicholas Opiyo.

- Advertisement -

Bwana Kagimu avuga ko yafatiwe muri cybercafé aho afite icyumba bacapiramo impapuro,

Muri icyo cyumba asanzwe ayobora[kuki ari business ye] yari yagiye gucapisha impapuro z’ishyaka NUP kugira ngo azikwize muri bagenzi be.

Umaru Kagimu avuga ko aho bamujyanye yahasanze abandi kandi ngo buri munsi basabwaga gusimbuka babyina kandi basubiramo amagambo agira ati: ‘Sinzasubira mu muhanda’.

Perezida Museveni aherutse kwemerera abatuye Uganda ko hari umutwe wihariye yahaye inshingano zo gukuraho abantu batezaga rwaserera mu baturage.

Umwe mu bavuga ko bakorewe iyicarubozo

Yavuze ko uriya mutwe wari ugizwe n’abantu bahoze barwanya inyeshyamba zo muri Somalia.

Uriya mutwe wari igizwe n’abantu bagera kuri 177.

Lule na Kagimu bavuga ko babajyanye mu nzu zikoreshwa n’Urwego rw’iperereza rya gisirikare ryitwa  Chieftaincy of Military Intelligence riyoborwa na Gen Abel Kandiho.

Nicholas Opiyo usanzwe ari umunyamategeko nawe yigeze gutabwa muri yombi mbere gato y’uko amatora nyirizina aba, ariko aza kurekurwa nyuma y’igitutu cy’amahanga.

Icyerekana ko ubutegetsi bwa Museveni bwari bufite umugambi wo gucecekesha abo muri National Unity Platform ni uko nyuma y’amatora, umuyobozi wayo Bwana Kyagulanyi nawe yafungiwe iwe, abuzwa kuhasohoka ndetse na Ambasaderi wa USA washatse kumusura ntiyabyemerewe.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda yabaye tariki 14, Mutarama, 2021.

TAGGED:featuredIngaboKyagulanyiMuseveniUgandaUrubozoWine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri USA Hari Guverineri ‘Uri Hafi Kwegura’ Kubera Ruswa Y’Igitsina
Next Article Visi Perezida wa Kenya ‘Yikomye’ Perezida Kenyatta
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?