Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubukangurambaga Bushya Bwa Airtel Yise ‘NkundaUrwanda’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Izamamaza

Ubukangurambaga Bushya Bwa Airtel Yise ‘NkundaUrwanda’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2021 8:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Airtel Rwanda yatangije ubukangurambaga yise ‘NkundaUrwanda’ bugamije guha abakiliya bayo uburyo bwo kubona murandasi n’ibindi byuma by’ikoranabuhanga.

Abifuza kubona aya mahirwe bagomba kwandika kandi bagasangiza bagenzi babo inkuru z’urukundo bakunda u Rwanda, abanditse izerekana ‘urukundo rurambuye’ bakazabihemberwa.

Abazatsinda muri ubu bukangurambaga bazahembwa ibintu byinshi birimo utwuma tugendanwa dutanga murandasi(PocketWifi), kandi tugashyirwamo murandasi ingana na 30GB.

Itangazo rya Airtel Rwanda rigira riti: “Tugamije gutuma uku kwezi kuba kwiza ku bakiliya bacu, buri wese agahabwa uburyo bwo kwerekana urukundo akunda u Rwanda, buri wese uba mu Rwanda  akabyandika mu rurimi yumva neza.”

Ubuyobozi bw’iki kigo cy’itumanaho buvuga ko buri wese uzajya atsinda buri munsi azahabwa Murandasi igendanwa( PocketWifi), agahabwa akuma kayikwirakwiza(router)gafite ingufu kandi gashobora kuyiha ibyuma by’ikoranabuhanga bigera 10 ndetse na murandasi ingana na 30 GB.

Airtel imenyesha abakiliya bayo ko inkuru zivuga ku bwiza bw’u Rwanda muri ibi bihe bya COVID-19 zigomba no kuvuga ku bantu barugiriye akamaro mu ngeri nyinshi.

PocketWifi ya Airtel

Muri bo harimo Abaganga, Abaforomo, Abapolisi, Abahinzi-Borozi, n’abandi bagize uruhare mu mibereho myiza y’Abanyarwanda muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Abakiliya kandi bashobora no gutanga inkuru zivuga kuri serivisi nk’Irembo, ndetse n’ibindi byiza birimo n’imihanda y’u Rwanda iteye neza.

Nyuma yo kwandika inkuru, umukiliya wa Airtel agomba kuyitangariza ku rubuga nkoranya mbaga akoresha cyangwa akabicisha ku mbuga za Airtel zirimo Twitter (@airtelrw), Facebook, (@airtelrwanda) na Instagram (airtelrw).

Agomba kuyisangiza inshuti ze nyinshi, hanyuma ijambo rusange (hashtag) rikaba  #NoLockDownOnLove #NkundaUrwanda #LoveIsRed

TAGGED:featuredMurandasiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yarwanye Intambara Y’Isi, Aba Inyenzi, Arasaba Perezida Kagame ‘Kumuremera’
Next Article Hari Inkingo Za COVID-19 Zikorerwa Mu Bushinwa Zikemangwa Ubuziranenge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?