Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubukangurambaga Bushya Bwa Airtel Yise ‘NkundaUrwanda’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Izamamaza

Ubukangurambaga Bushya Bwa Airtel Yise ‘NkundaUrwanda’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2021 8:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Airtel Rwanda yatangije ubukangurambaga yise ‘NkundaUrwanda’ bugamije guha abakiliya bayo uburyo bwo kubona murandasi n’ibindi byuma by’ikoranabuhanga.

Abifuza kubona aya mahirwe bagomba kwandika kandi bagasangiza bagenzi babo inkuru z’urukundo bakunda u Rwanda, abanditse izerekana ‘urukundo rurambuye’ bakazabihemberwa.

Abazatsinda muri ubu bukangurambaga bazahembwa ibintu byinshi birimo utwuma tugendanwa dutanga murandasi(PocketWifi), kandi tugashyirwamo murandasi ingana na 30GB.

Itangazo rya Airtel Rwanda rigira riti: “Tugamije gutuma uku kwezi kuba kwiza ku bakiliya bacu, buri wese agahabwa uburyo bwo kwerekana urukundo akunda u Rwanda, buri wese uba mu Rwanda  akabyandika mu rurimi yumva neza.”

Ubuyobozi bw’iki kigo cy’itumanaho buvuga ko buri wese uzajya atsinda buri munsi azahabwa Murandasi igendanwa( PocketWifi), agahabwa akuma kayikwirakwiza(router)gafite ingufu kandi gashobora kuyiha ibyuma by’ikoranabuhanga bigera 10 ndetse na murandasi ingana na 30 GB.

Airtel imenyesha abakiliya bayo ko inkuru zivuga ku bwiza bw’u Rwanda muri ibi bihe bya COVID-19 zigomba no kuvuga ku bantu barugiriye akamaro mu ngeri nyinshi.

PocketWifi ya Airtel

Muri bo harimo Abaganga, Abaforomo, Abapolisi, Abahinzi-Borozi, n’abandi bagize uruhare mu mibereho myiza y’Abanyarwanda muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Abakiliya kandi bashobora no gutanga inkuru zivuga kuri serivisi nk’Irembo, ndetse n’ibindi byiza birimo n’imihanda y’u Rwanda iteye neza.

Nyuma yo kwandika inkuru, umukiliya wa Airtel agomba kuyitangariza ku rubuga nkoranya mbaga akoresha cyangwa akabicisha ku mbuga za Airtel zirimo Twitter (@airtelrw), Facebook, (@airtelrwanda) na Instagram (airtelrw).

Agomba kuyisangiza inshuti ze nyinshi, hanyuma ijambo rusange (hashtag) rikaba  #NoLockDownOnLove #NkundaUrwanda #LoveIsRed

TAGGED:featuredMurandasiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yarwanye Intambara Y’Isi, Aba Inyenzi, Arasaba Perezida Kagame ‘Kumuremera’
Next Article Hari Inkingo Za COVID-19 Zikorerwa Mu Bushinwa Zikemangwa Ubuziranenge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

U Rwanda Rugiye Kwikira Inama Y’Abayobora Amashuri Ya Gisirikare Muri Afurika 

DRC Yishimiye Isinywa Ry’Imikoranire N’u Rwanda Mu Majyambere

Nta Gihugu Cyakijijwe Naza NGOs-Perezida Kagame

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Kagame Ari Muri Qatar Mu Kwigira Hamwe N’Abandi Icyarushaho Guteza Imbere Isi

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

You Might Also Like

Ubukungu

Ibiciro Bya Lisansi Na Mazutu Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?