Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubukangurambaga Bushya Bwa Airtel Yise ‘NkundaUrwanda’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Izamamaza

Ubukangurambaga Bushya Bwa Airtel Yise ‘NkundaUrwanda’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2021 8:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Airtel Rwanda yatangije ubukangurambaga yise ‘NkundaUrwanda’ bugamije guha abakiliya bayo uburyo bwo kubona murandasi n’ibindi byuma by’ikoranabuhanga.

Abifuza kubona aya mahirwe bagomba kwandika kandi bagasangiza bagenzi babo inkuru z’urukundo bakunda u Rwanda, abanditse izerekana ‘urukundo rurambuye’ bakazabihemberwa.

Abazatsinda muri ubu bukangurambaga bazahembwa ibintu byinshi birimo utwuma tugendanwa dutanga murandasi(PocketWifi), kandi tugashyirwamo murandasi ingana na 30GB.

Itangazo rya Airtel Rwanda rigira riti: “Tugamije gutuma uku kwezi kuba kwiza ku bakiliya bacu, buri wese agahabwa uburyo bwo kwerekana urukundo akunda u Rwanda, buri wese uba mu Rwanda  akabyandika mu rurimi yumva neza.”

Ubuyobozi bw’iki kigo cy’itumanaho buvuga ko buri wese uzajya atsinda buri munsi azahabwa Murandasi igendanwa( PocketWifi), agahabwa akuma kayikwirakwiza(router)gafite ingufu kandi gashobora kuyiha ibyuma by’ikoranabuhanga bigera 10 ndetse na murandasi ingana na 30 GB.

Airtel imenyesha abakiliya bayo ko inkuru zivuga ku bwiza bw’u Rwanda muri ibi bihe bya COVID-19 zigomba no kuvuga ku bantu barugiriye akamaro mu ngeri nyinshi.

PocketWifi ya Airtel

Muri bo harimo Abaganga, Abaforomo, Abapolisi, Abahinzi-Borozi, n’abandi bagize uruhare mu mibereho myiza y’Abanyarwanda muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Abakiliya kandi bashobora no gutanga inkuru zivuga kuri serivisi nk’Irembo, ndetse n’ibindi byiza birimo n’imihanda y’u Rwanda iteye neza.

Nyuma yo kwandika inkuru, umukiliya wa Airtel agomba kuyitangariza ku rubuga nkoranya mbaga akoresha cyangwa akabicisha ku mbuga za Airtel zirimo Twitter (@airtelrw), Facebook, (@airtelrwanda) na Instagram (airtelrw).

Agomba kuyisangiza inshuti ze nyinshi, hanyuma ijambo rusange (hashtag) rikaba  #NoLockDownOnLove #NkundaUrwanda #LoveIsRed

TAGGED:featuredMurandasiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Yarwanye Intambara Y’Isi, Aba Inyenzi, Arasaba Perezida Kagame ‘Kumuremera’
Next Article Hari Inkingo Za COVID-19 Zikorerwa Mu Bushinwa Zikemangwa Ubuziranenge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?