Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubukene Bwabujije Amavubi Y’Abagore Kwitabira CECAFA
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

Ubukene Bwabujije Amavubi Y’Abagore Kwitabira CECAFA

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 June 2025 8:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amikoro make niyo yabujije ikipe y’igihugu y’abagore kwitabira irushanwa  amakipe y’abagore y’ibihugu byo muri Afurika y’Uburasirazuba n’iyo Hagati azabera muri Tanzania.

Ni irushanwa ryitwa  ‘CECAFA Senior Women’s Championship’ rizatangira tariki 21, Kamena, 2025.

Rizitabirwa n’ibihugu bine ni ukuvuga Tanzania yaryakiriye, Uganda, Kenya, u Burundi na Sudani y’Epfo, u  Rwanda rwo rwavuyemo kubera ubukene.

Nubwo  FERWAFA yabwiye bagenzi bacua ba IGIHE ko impamvu byagoye ayo mavubi kwitabira ari uko yatumiwe bitinze, ku rundi ruhande amakuru avuga ko impamvu ifatika ari amikoro make.

Abo muri FERWAFA bagira bati: “Byari bigoye kuko twandikiwe tariki 30 Gicurasi, dusabwa gusubiza mu masaha 48 ko tuzitabira kandi bakatubwira ko irushanwa rizatangira tariki ya 11, Kamena. Ubwo se ntitwaba tugiye kubeshyanya, mu minsi icyenda waba witeguye?”

Mu yandi magambo, mu minsi icyenda ntabwo Amavubi yari bube yarangije kwitegura, afite byose birimo nayo mikoro ngo abe yageze aho azakinira kandi yikwije.

Amakuru yandi avuga ahubwo ko ikintu cyatambamiye iyo myiteguro mu by’ukuri ari amafaranga yabuze.

Ntituramenya ingano y’amafaranga yari akenewe ngo iyi kipe y’igihugu y’abagore yitabire iyo mikino.

Kugeza ubu, imikino imaze gukinwa muri ‘CECAFA Senior Women’s Championship’, ni uwo Burundi bwatsinze Uganda 1-0 n’uwo Tanzania yatsindiyemo Sudani y’Epfo ibitego 4-0.

 

TAGGED:AbagoreAmikoroCECAFAIrushanwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Iran Yihimuye Kuri Israel
Next Article Ingo Mbonezamikurire Zigiye Guhabwa Ubushobozi Nk’Ubw’Amashuri Y’Incuke
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?