Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubukungu Bw’u Rwanda Buzazamukaho 7%-PM Ngirente
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ubukungu Bw’u Rwanda Buzazamukaho 7%-PM Ngirente

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 February 2024 4:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko ubukungu bw’u Rwanda bwa nyuma ya COVID-19 bwihagazeho.

Imibare yahaye abagize Inteko ishinga amategeko, imitwe yombi,  igaragaza ko guhera mu mwaka wa 2021 bwagiye buzamuka ku kigero cyiza.

Ubwo COVID-19 yadukaga mu Rwanda, ubukungu bwarwo bwaraganutse cyane kuko bwagiye munsi ya -3.4%.

Byatewe n’ishyirwa mu bikorwa by’ingamba zo gukumira ko abantu banduzanya zirimo na Guma mu Rugo.

Indege ntizagurukaga, imodoka ntizavaga mu bipangu no mu magaraje, amasoko yari yarafunze, ibintu hafi ya byose bikorerwa kuri murandasi.

Minisitiri w’Intebe atangaza ko gahoro gahoro Guverinoma y’u Rwanda yafashe ingamba zo kuzahura ubukungu kandi zatanze umusaruro.

Uwo musaruro wagaragajwe n’uko mu bihe binyuranye, ubukungu bwazamutse ku kigero cya 8% mu myaka itatu ishize.

Ngirente yavuze ko urugero ari uko mu mwaka wa  2021, ubukungu bwazamutse ku 10,9%.

Mu mwaka wa 2022, bwazamutse kuri 8,2%, mu gihe byitezwe ko mu 2023, ubukungu buzazamuka kuri 7%.

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente yatangaje ko mu myaka itatu ishize u Rwanda rwahanze imirimo mishya ibihumbi 590.

Ni mu gihe muri gahunda yo kwihutisha iterambere, NST1, intego yari uguhanga imirimo mishya ibihumbi 200 buri mwaka.

Bivuze ko rwarengeje intego ho imirimo 390,000.

Ibirambuye kuri iri zamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda nyuma ya COVID-19 mu nzego zitandukanye zabwo Taarifa izabibagezaho nkuru ziri bukurikire.

TAGGED:COVID-19featuredIbipimoNgirenteUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Kuganirwa Uko Mu Rwanda Hakubakwa Ikigo Kigisha Kubungabunga Amahoro
Next Article Luvumbu Yatandukanye Na Rayon Sports
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?